Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yabajijwe niba Igihugu cye kiteguye gutangiza ibitero ku mutwe wa M23 mu gihe waba utubahirije ibyo wasabwe mu gihe ntarengwa wahawe, avuga ko icyo kiteguye gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho n’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ibibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisa nk’ibikomeje kuba agatereranzamba kubera imbaraga nke za Guverinoma y’iki Gihugu mu gushyira mu bikorwa ibyo yasabwe.

Guverinoma ya DRC yasabwe kenshi kuganira n’umutwe wa M23, nkuko byabaga bikubiye mu myanzuro yafatiwe mu nama zitandukanye zirimo izabereye i Nairobi muri Kenya ndeste n’i Bujumbura mu Burundi.

Iheruka y’i Burundi, Perezida Felix Tshisekedi yayivuyemo yemereye bagenzi be bayobora Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko azaganira n’uyu mutwe, ariko yatinze kugerayo, Guverinoma ye ihita ibyamaganira kure.

Mu cyumweru gishize, Abakuru b’Ibihugu bya EAC bongeye guhurira mu nama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia aho bari bitabiriye Inteko y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama harimo ko imitwe yose yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo, igomba guhagarika imirwano kandi ikava mu bice byose irimo.

Iyi nama yanatanze igihe ntarengwa iyi mitwe igomba kuba yubahirije iki cyemezo bitarenze tariki 30 Werurwe 2023.

Perezida William Ruto uyoboye Kenya inayoboye ubutumwa bw’ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajijwe niba Kenya yiteguye gushoza intambara kuri M23 mu gihe itaba yubahirije ibyo yasabwe.

Yasubije agira ati “Kenya yiteguye gukora ibyo twemeranyijweho nk’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

William Ruto avuga ko habaye inama hagati y’Abakuru b’Ibihugu kandi ko hari ibyo bemeranyijweho, ndetse n’ingengabihe y’uburyo bigomba gushyirirwa mu bikorwa.

Yakomeje avuga ku ngabo zigomba kujya mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko “Kenya ni yo yonyine yohereje ingabo muri DRC kandi byemeranyijweho ko Ibihugu bitanu bigomba koherezayo, ariko Kenya ni yo yonyine yohereje ingabo, turacyategereje kandi twemeranyijwe ko tuzageza mu mpera z’uku kwezi n’ibindi Bihugu byarazohereje.”

Yavuze ko Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe uburyo ibi byose bigomba gukorwa, haba ari uburyo bwo kohereza ingabo ndetse n’ibikorwa bizaba bizijyanye.

Ati “Ibi bikorwa bya gisirikare bigomba kuzaba hari no kuba inzira za politiki z’abari kurwana, M23 ndetse n’abandi. Rero dushobora kwiha amahirwe ko tuzagera ku ntego.”

Yakomeje agira ati “Iki kibazo ntabwo cyakemurwa n’imbaraga za gisirikare gusa, ahubwo bigomba gukoranwa n’inzira zirimo iz’ingabo n’iza politiki.”

Guverinoma ya DRC yo iherutse gusa nk’itangiza ibikorwa byo kwamagana ingabo za EAC, aho yahamagariye abaturage kujya kuzamagana, bazishinja kuba zitari kurasa kuri M23, mu gihe izi ngabo zo zivuga ko zifite icyazijyanye kandi ko atari uguhita zirasa kuri uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.