Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Chris Froome wegukanye irushanwa rya mbere ku Isi mu isiganwa ry’amagare rya Tour de France, wari utarigaragaza muri Tour du Rwanda, uyu munsi yakoze ibidasanzwe, mu gace ka gatanu, aho yacitse igikundi cy’abandi bakinnyi, akanyukira igare, bagenzi be bagasigara basiganuza.

Aka gace kahagurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kagizwe n’ibilometero 195,5; katangiye saa 08:57’ ubwo abakinnyi bahagurukaga mu gikundi nk’ibisanzwe.

Abakinnyi bahagurukiye imbere y’isoko rya Rusizi mu mujyi rwagati, bari 80, ariko umukinnyi Jakub Toupalik ukinira ikipe ya EF Education yahise ava mu irushanwa kubera ikibazo yagize ubwo aka gace kari kakimara gutangira.

Nyuma y’ibilometeri bicye, abakinnyi batangiye guhatana, itsinda ry’abakinnyi 14 bahise bikura mu gikundi barimo Umunyarwanda Mugisha Moise, Currie, Christensen, Etxeberria na Iturria (Euskaltel), Gabburo, Fiorelli, Tarozzi na Tolio, Grellier na Vercher.

Baje kwiyongeramo abandi baza kuba 20 barimo Umwongereza Chris Froome witabiriye iri rushanwa buri wese amuhanze amaso dore ko azwiho amateka yihariye yo kuba yaregukanye Tour de France ifatwa nk’irushanwa rikomeye mu mukino wo gusiganwa ku magare ku Isi.

Chris Froome na we yaje gucika aka gakundi, atangira kugenda wenyine ndetse aza no gutangira gushyiramo intera.

Abakinnyi bamaze kugenda KM 105 – Intera igeze kuri 3'40''. #TdRwanda23 #IgareTwaje pic.twitter.com/Q4rzJfIY06

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 23, 2023

Bamaze kugenda ibilometero 89, Chris Froome yari amaze gushyiramo intera y’amasegonda 45’’, ndetse aza gukomeza kunyonga igare agera aho ashyiramo intera y’umunota 1’45’’.

Ku bilometero 98, Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 2’15’’ hagati ye na Peloton, ari na bwo akavura katangiraga kujojoba.

Ku bilometero 103 uyu rurangiranwa mu mukino w’amagare yari amaze gushyira intera hagati ye na Peloton y’iminota 3’20’’ mu gihe peloton yari iyobowe n’ikipe ya Total Energies.

Saa 12:25′- Hari hamaze kugendwa ibilometero 129, aho Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 3’15” hagati ye na Peloton. Ubu ari mu Karere ka Rutsiro aho imvura iri kugwa.

Saa 12:29′- Bari bamaze kugenda ibilometero 130, ariko intera hagati ya Chris Froome na Peloton yari imaze kugabanuka aho yari imaze kugera kuri 2’20”.

Umufaransa Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energies wari muri Peloton, yagerageje kuyivamo, atangira kwataka Chris Froome.

Saa 12:44- Hasigaye ibilometero 55 ngo bagere aho basoreza. Intera hagati ya Chris Fromme n’itsinda rimukurikiye yagabanutse, ubu igeze ku munota 1’20” mu gihe hagati ye na Thomas Bannet harimo intera y’iminota 3’40”.

Saa 13:02- Ibilometeri bisigaye ngo bagere ahasorezwa aka gace ka gatanu, ni ibilometero 45. Umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team ari kugerageza gusatira Froome, yagabanyije intera hagati yabo, ubu hasigayemo amasegonda 35”, mu gihe peloton yo harimo intera y’umunota 1’40”.

Saa 13:06- Iturria yari amaze guca kuri Chris Fromme ndetse amaze gushyiramo intera hagati ye na we y’amasegonda 45”. Igare rya Chriss Froome ryabanje guhura n’ikibazo ariko kimaze gukemuka yahise yongera kunyonga igare.

Saa 13:15′- Hamaze kugendwa ibilometeri 156, abakinnyi batatu bahise bagarura Iturria wari wabasize aciye no kuri Chris Froome. Ubu uko ari bane bayoboye aga gace k’isiganwa.

Saa 13:50′- Haburaga ibilometero bitanu (5) ngo abakinnyi bagere ahasorezwa aka gace Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston yatangiye kwataka bigaragara ko ashaka kwegukana aka gace, inyuma ye hari Bizkarra ukinira Euskaltel ariko hagati yabo hari intera y’amasegonda 40”.

Intera yari imaze kuganabuka

Igare rya Chris Froome ryaje guhura n’ikibazo
Iturria wa Euskaltel team ubwo yatakaga Froome akanamucaho ubwo igare rye ryari rimaze kugira ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 18 =

Previous Post

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Next Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.