Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
9
Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wo mu ishuri rimwe ryo mu Karere ka Ngororero, yatawe muri yombi akekwaho gutema umwarimu we babanje gufatana mu mashati nyuma yuko yari yabanje kumuha igihano akacyanga ahubwo akamurwanya.

Uyu munyeshuri w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kabaya, akekwaho gukora iki cyaha cyo gutema umwarimu we, asanzwe yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kageshi.

Iki cyaha gikekwa kuri uyu musore, cyakozwe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, ubwo uyu munyeshuri yangaga igihano yari ahawe n’umwarimu we.

Amakuru avuga ko n’ubusanzwe uyu munyeshuri adashobotse kuko asanzwe anava mu ishuri akarisubizwamo dore ko n’imyaka ye (18) itagakwiye kuba ari iy’umwana wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye.

Ndayisenga Simon uyobora Umurenge wa Kabaya, yemeje aya makuru y’uyu munyeshuri wasagariye umwarimu we akamutema mu mutwe.

Yagize ati “Yari yakererewe kugera ku ishuri, umwarimu amubajije impamvu ndetse ashaka no kumuha bihano baha abana byoroheje, umunyeshuri aranga, umwarimu ashatse gukoresha ingufu bafatana.”

Uyu muyobozi wo mu nzego z’ibanze avuga ko ubwo aba bombi bafatanaga mu mashati, hari abahise baza bakabakiza, ariko uyu munyeshuri yahise ajya kuzana umuhoro basanzwe bakoresha mu gutema inkwi batekesha ku ishuri, ari na bwo yahise amutema mu mutwe aramukomeretsa.

Uyu munyeshuri yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hakorwe iperereza kuri iki cyaha cyo gukomeretsa undi.

RADIOTV10

Comments 9

  1. Egide says:
    3 years ago

    Izi ni ingaruka zo gushyiraho amategeko ashinzwe kurengera umwana, bakamugira idebe, bakabagira indakoreka, ugerageje guhana umwana akaba ariwe ufungwa, abanyeshuri bazatumara rwose kuko barashyigikiwe

    Reply
    • Bernard says:
      3 years ago

      Kabisa ibintu byo kudahana umwana akiri muto ni amakosa akomeye ingaruka muzazibona bamaze gukura ari abagabo badafite icyo bamaze

      Reply
  2. Bosco says:
    3 years ago

    Umwarimu asigaye ahana umunyeshuri agafungwa abana byabateye kwigira ibinani ,naho kuua mwishuri inzego zibanze nizo zigira uburangazi

    Reply
    • Juvenal says:
      3 years ago

      Ibi navyo bivuz iki?umunyeshure arafungwa???

      Reply
  3. Bujana says:
    3 years ago

    Uyo mwana nta discipline afise nkeka Bujana Anya urumogi.

    Reply
    • KUBWIMANA Jean Damascène says:
      3 years ago

      Ikibazo si umwana udafite ikinyabupfura aho! Ahubwo n’uwo murezi si shyashya! Nta narimwe umurezi yatumwe gufatana mu ishingu n’uwo arera! Icyabayeho,kiragayitse haba ku murezi no ku munyeshuli! Hariho uburyo bwinshi umwana urerwa afashwa ku myitwarire ye hatarimo gushaka kurwana nawe kuko umwana nta controle aba afite! First,”Case conference”noneho Koko nibigaragara ko umwana akomeza kunanirana,inzego zindi zanakwifsshishwa ariko umurezi adashatse guhangana n’umwana bivamo kurwana nawe! Murakoze!

      Reply
  4. Aloys Ivumaharinde says:
    3 years ago

    Birababaje peee tekereza gutemwa nuwo wahaga ibyo wize urara amajoro akaguhemba kukugutema.

    Reply
  5. Twahirwa leonard says:
    3 years ago

    Discipline nyeya kubana ho irakabije mu mashuri ninaho dufite ibibazo byokurera abana , yego burya inko ivuna igufa ntigera kungeso ari kera baradutsiburaga tukanenya icyo gukora rero Leta nidufashe nkatwe ababyeyi akanyafu ku kibuno ntacyo gatwaye nimwimika ejo cg ejobundi ingaruka nikuritwe ubujura ,mayibobo nibirara binwa itabi rero mudufashe abarezi bacu banjye bagira securitéyisanzuye ku bana

    Reply
  6. IYAMUREMYE barc says:
    3 years ago

    Arumunyeshuri arinumwarimu Bose nibamwe work wabonyehehe umwarimu ujya kurwana numunyeshuri nkaho ikigo ntabuyobozi kigira all they don’t have a discipline.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Next Post

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Related Posts

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.