Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
9
Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wo mu ishuri rimwe ryo mu Karere ka Ngororero, yatawe muri yombi akekwaho gutema umwarimu we babanje gufatana mu mashati nyuma yuko yari yabanje kumuha igihano akacyanga ahubwo akamurwanya.

Uyu munyeshuri w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kabaya, akekwaho gukora iki cyaha cyo gutema umwarimu we, asanzwe yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kageshi.

Iki cyaha gikekwa kuri uyu musore, cyakozwe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, ubwo uyu munyeshuri yangaga igihano yari ahawe n’umwarimu we.

Amakuru avuga ko n’ubusanzwe uyu munyeshuri adashobotse kuko asanzwe anava mu ishuri akarisubizwamo dore ko n’imyaka ye (18) itagakwiye kuba ari iy’umwana wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye.

Ndayisenga Simon uyobora Umurenge wa Kabaya, yemeje aya makuru y’uyu munyeshuri wasagariye umwarimu we akamutema mu mutwe.

Yagize ati “Yari yakererewe kugera ku ishuri, umwarimu amubajije impamvu ndetse ashaka no kumuha bihano baha abana byoroheje, umunyeshuri aranga, umwarimu ashatse gukoresha ingufu bafatana.”

Uyu muyobozi wo mu nzego z’ibanze avuga ko ubwo aba bombi bafatanaga mu mashati, hari abahise baza bakabakiza, ariko uyu munyeshuri yahise ajya kuzana umuhoro basanzwe bakoresha mu gutema inkwi batekesha ku ishuri, ari na bwo yahise amutema mu mutwe aramukomeretsa.

Uyu munyeshuri yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hakorwe iperereza kuri iki cyaha cyo gukomeretsa undi.

RADIOTV10

Comments 9

  1. Egide says:
    3 years ago

    Izi ni ingaruka zo gushyiraho amategeko ashinzwe kurengera umwana, bakamugira idebe, bakabagira indakoreka, ugerageje guhana umwana akaba ariwe ufungwa, abanyeshuri bazatumara rwose kuko barashyigikiwe

    Reply
    • Bernard says:
      3 years ago

      Kabisa ibintu byo kudahana umwana akiri muto ni amakosa akomeye ingaruka muzazibona bamaze gukura ari abagabo badafite icyo bamaze

      Reply
  2. Bosco says:
    3 years ago

    Umwarimu asigaye ahana umunyeshuri agafungwa abana byabateye kwigira ibinani ,naho kuua mwishuri inzego zibanze nizo zigira uburangazi

    Reply
    • Juvenal says:
      3 years ago

      Ibi navyo bivuz iki?umunyeshure arafungwa???

      Reply
  3. Bujana says:
    3 years ago

    Uyo mwana nta discipline afise nkeka Bujana Anya urumogi.

    Reply
    • KUBWIMANA Jean Damascène says:
      3 years ago

      Ikibazo si umwana udafite ikinyabupfura aho! Ahubwo n’uwo murezi si shyashya! Nta narimwe umurezi yatumwe gufatana mu ishingu n’uwo arera! Icyabayeho,kiragayitse haba ku murezi no ku munyeshuli! Hariho uburyo bwinshi umwana urerwa afashwa ku myitwarire ye hatarimo gushaka kurwana nawe kuko umwana nta controle aba afite! First,”Case conference”noneho Koko nibigaragara ko umwana akomeza kunanirana,inzego zindi zanakwifsshishwa ariko umurezi adashatse guhangana n’umwana bivamo kurwana nawe! Murakoze!

      Reply
  4. Aloys Ivumaharinde says:
    3 years ago

    Birababaje peee tekereza gutemwa nuwo wahaga ibyo wize urara amajoro akaguhemba kukugutema.

    Reply
  5. Twahirwa leonard says:
    3 years ago

    Discipline nyeya kubana ho irakabije mu mashuri ninaho dufite ibibazo byokurera abana , yego burya inko ivuna igufa ntigera kungeso ari kera baradutsiburaga tukanenya icyo gukora rero Leta nidufashe nkatwe ababyeyi akanyafu ku kibuno ntacyo gatwaye nimwimika ejo cg ejobundi ingaruka nikuritwe ubujura ,mayibobo nibirara binwa itabi rero mudufashe abarezi bacu banjye bagira securitéyisanzuye ku bana

    Reply
  6. IYAMUREMYE barc says:
    3 years ago

    Arumunyeshuri arinumwarimu Bose nibamwe work wabonyehehe umwarimu ujya kurwana numunyeshuri nkaho ikigo ntabuyobozi kigira all they don’t have a discipline.

    Reply

Leave a Reply to Egide Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Next Post

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

by radiotv10
12/03/2026
0

The National Bank of Rwanda and the Central Bank of Kenya have signed a new agreement aimed at making it...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
12/03/2026
0

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.