Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Munyankindi Abraham wo mu Karere ka Gisagara uherutse kubwira Igihugu cyose ko yifuza kuba mu bakire 10 ba mbere, aracyabishimigangira ko azabigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kunyura mu buzima bugoye ariko akaza kugera aho aba muri Guverinoma.

Munyankindi Abraham avuga ko yahereye ku bihumbi 200 Frw yaguzemo inkoko 50 zo korora zaje kumuhira, ndetse agaterwa inkunga na Leta y’ibihumbi 300 byatumye yagura ubworozi bwe bugera ku nkoko 300.

Ibi ni na byo yagarutseho mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye mu cyumweru gishize, aho yagaragaje ko izi nkoko zaje kumuzamura akaza kubifatanya n’ubucuruzi bwo kugura imyaka akayisubiza.

Ubwo yagaragarizaga Perezida wa Repubulika, Paul Kagame intambwe yiteje, yavuze ko yaje guha akazi urubyiruko icyenda kandi ko bose bateye imbere.

Icyo gihe agaragariza Perezida Kagame iterambere rye, yagize ati “Ubu nanjye ntunze imodoka imfasha kuzenguruka nkora akazi kanjye. Si ibyo gusa kandi; narakomeje ubu mfite n’abana batatu nakuye ku muhanda mbafasha mu mibereho ya buri munsi, basubiye mu ishuri ubu bariga neza.”

Yakomeje agira ati “Si ibyo gusa nyakubahwa Perezida wa Repubulika; ubu ndifuza ko mu myaka icumi iri imbere ngomba kuzaba ndi mu bakire icumi iki Gihugu kizaba gifite.”

Abraham ubu afite imodoka agendamo

Uyu musore yongeye kubishimangira mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya One on One, yanagarutse ku bamuteye amabuye nyuma y’ibyo yatangaje bavuga ko yishongoye, kandi ko ibyo ahiga atazabigeraho.

Ati “Ubutumwa nabagenera rwose sinjya kure y’ubutumwa nyakubahwa Perezida wa Repubulika ahora aduha, ati ‘wowe kora abakavuga bareke wijya gusubizanya na bo, wowe kora ibyo ukora ubikuremo inyungu, ubwo bazagaruka baza ari abandi bantu’.”

Uyu musore akomeza avuga kuba yaba umwe mu bakire 10 ba mbere mu Gihugu, bishoboka nubwo bitoroshye.

Ati “Ni intego itoroshye ariko irashoboka kuko ababibaye babibaye nta koranabuhanga riraza, nta mashuri aha amahirwe bose, bakora n’ibintu ari ugushakisha wenda bataranabibonyeho ubumenyi bw’ibanze. Icyo rero ni igishoro kuba dufite ubumenyi tukagira n’imyitwarire itari mibi, ibindi byose bigenda bishoboka.”

Kuri we yemeza ko nubwo atari aza mu bakire 10 ba mbere mu Rwanda ariko “Ndi umukire kandi nzakomeza kuba umukire.”

Avuga ko inzira yo gukira igoye ariko iyo umuntu abiharaniye abigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko n’umuco, ariko yaranyuze mu buzima bugoye na we ubwe yakunze kwivugira burimo kuba yaracukuye imisarani.

Inzu abamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 11 =

Previous Post

Burundi: Habaye ibidasanzwe byakangaranyije ababibonye

Next Post

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.