Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Munyankindi Abraham wo mu Karere ka Gisagara uherutse kubwira Igihugu cyose ko yifuza kuba mu bakire 10 ba mbere, aracyabishimigangira ko azabigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kunyura mu buzima bugoye ariko akaza kugera aho aba muri Guverinoma.

Munyankindi Abraham avuga ko yahereye ku bihumbi 200 Frw yaguzemo inkoko 50 zo korora zaje kumuhira, ndetse agaterwa inkunga na Leta y’ibihumbi 300 byatumye yagura ubworozi bwe bugera ku nkoko 300.

Ibi ni na byo yagarutseho mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye mu cyumweru gishize, aho yagaragaje ko izi nkoko zaje kumuzamura akaza kubifatanya n’ubucuruzi bwo kugura imyaka akayisubiza.

Ubwo yagaragarizaga Perezida wa Repubulika, Paul Kagame intambwe yiteje, yavuze ko yaje guha akazi urubyiruko icyenda kandi ko bose bateye imbere.

Icyo gihe agaragariza Perezida Kagame iterambere rye, yagize ati “Ubu nanjye ntunze imodoka imfasha kuzenguruka nkora akazi kanjye. Si ibyo gusa kandi; narakomeje ubu mfite n’abana batatu nakuye ku muhanda mbafasha mu mibereho ya buri munsi, basubiye mu ishuri ubu bariga neza.”

Yakomeje agira ati “Si ibyo gusa nyakubahwa Perezida wa Repubulika; ubu ndifuza ko mu myaka icumi iri imbere ngomba kuzaba ndi mu bakire icumi iki Gihugu kizaba gifite.”

Abraham ubu afite imodoka agendamo

Uyu musore yongeye kubishimangira mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya One on One, yanagarutse ku bamuteye amabuye nyuma y’ibyo yatangaje bavuga ko yishongoye, kandi ko ibyo ahiga atazabigeraho.

Ati “Ubutumwa nabagenera rwose sinjya kure y’ubutumwa nyakubahwa Perezida wa Repubulika ahora aduha, ati ‘wowe kora abakavuga bareke wijya gusubizanya na bo, wowe kora ibyo ukora ubikuremo inyungu, ubwo bazagaruka baza ari abandi bantu’.”

Uyu musore akomeza avuga kuba yaba umwe mu bakire 10 ba mbere mu Gihugu, bishoboka nubwo bitoroshye.

Ati “Ni intego itoroshye ariko irashoboka kuko ababibaye babibaye nta koranabuhanga riraza, nta mashuri aha amahirwe bose, bakora n’ibintu ari ugushakisha wenda bataranabibonyeho ubumenyi bw’ibanze. Icyo rero ni igishoro kuba dufite ubumenyi tukagira n’imyitwarire itari mibi, ibindi byose bigenda bishoboka.”

Kuri we yemeza ko nubwo atari aza mu bakire 10 ba mbere mu Rwanda ariko “Ndi umukire kandi nzakomeza kuba umukire.”

Avuga ko inzira yo gukira igoye ariko iyo umuntu abiharaniye abigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko n’umuco, ariko yaranyuze mu buzima bugoye na we ubwe yakunze kwivugira burimo kuba yaracukuye imisarani.

Inzu abamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Burundi: Habaye ibidasanzwe byakangaranyije ababibonye

Next Post

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.