Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi kamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ari yo ifite mu biganza byayo umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, ubufasha bukaba bwaza nyuma.

Byatangajwe na Nicolas de Riviere Ambasaderi w’u Bufaransa mu Muryango w’Abibumbye, nk’Igihugu kinayoboye aka kanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nicolas de Riviere wagiriye uruzinduko muri Congo mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yari ayoboye intumwa z’Umuryango w’Abibumbye zagiriye uruzinduko muri iki iki Gihugu cya DRC.

Aje nyuma y’icyumweru kimwe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na we agiriye uruzinduko muri Congo Kinshasa na we wari wagaragarije ubutegetsi bwa Congo ko ntawundi uzaza kubakemurira ibibazo kurusha uko babyikemurira.

Nicolas de Riviere, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko Umuryango w’Abibumbye utanga ubufasha mu gushaka umuti w’ibibazo ariko ko udafite igisubizo cy’ubufindo wazana.

Ati “Umuryango w’Abibumbye ubereyeho gufasha, kuko nta muti w’ubufindo uhari. Ntabwo Umuryango w’Abibumbye wonyine wakemura ikibazo.”

Uyu mudipolomate yabaye nk’ugira inama Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’iyo yakunze kugirwa n’amahanga ko umuti w’ibibazo ari ibiganiro.

Ati “Hakenewe ibiganiro bya politiki ndete no gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ariko kandi nanone ntabwo Umuryango w’Abibumbye wabona umuti w’ubufindo mu buryo bwihuse kuruta uko byakorwa n’abayobozi ba Congo.”

Perezida Emmanuel Macron na we yari yabwiye Guverinoma ya DRC ko idakwiye kwicara ngo itegereze ko ibisubizo bizava ikantarange, ahubwo ko ari yo ikwiye kwicara ikisuzuma ikareba icyakorwa.

Uyu Mukuru w’Igihugu kiyoboye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, yanaboneyeho kunenga ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kuranwa n’imbaraga nke kuva mu 1994.

Icyo gihe yagize ati “Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yaboneyeho kandi gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kudahora bwegeka ibibazo byacyo ku mahanga, ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

U Rwanda rwakunze gushinjwa na Congo Kinshasa kugira uruhare mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo ntiruhweme kubinyomoza, na rwo rwakunze kuvuga kenshi ko ibibazo bya Congo ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe kubikemura bugahora bushaka uwo bubitwerera.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, muri Kamena umwaka ushize wa 2022, yeruriye amahanga ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Next Post

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.