Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Abandi basirikare b’Igihugu cy’u Burundi, boherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basangayo bagenzi babo bagiye kuhamara ibyumweru bibiri mu butumwa bw’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Nkuko tubikesha ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aba basirikare b’inyongera, bageze i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe ndetse no kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023.

Ubuyobozi bwa EACRF buvuga ko aba basirikare b’inyongera b’u Burundi “Bazasanga bagenzi babo bamaze koherezwa i Sake muri Teritwari ya Masisi.”

Ubutumwa bw’ubuyobozi bw’izi ngabo za EACRF, bukomeza bugira buti “Koherezwa kwabo mu bice bya Kirolirwe na Kitshana bizatuma hakomeza kubaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.”

Aba basirikare b’inyongera bagiye basanga bagenzi babo bagiye kumara ibyumweru bibiri bageze muri Congo, aho itsinda rya mbere ryari rigizwe n’abasirikare b’u Burundi 30 bageze i Goma tariki 05 Werurwe.

Icyo gihe ubwo aba basirikare 30 bageraga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatangajwe ko hari abandi 70 bagombaga na bo kuhagera bakoresheje inzira y’ubutaka ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Karere ka Rubavu.

Aba basirikare 70, bucyeye bwaho na bo bageze i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basangayo bagenzi babo 30 bari baharaye nyuma yo kuhagezwa n’indege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 8 =

Previous Post

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Next Post

Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.