Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat; wagiriye uruzinduko mu Rwanda avuye mu Burundi, akagera i Kigali anyuze inzira y’ubutaka, yashimye uburyo urujya n’uruza hagati y’ibi Bihugu rukomeje gusagamba, agaragaza ko bikwiye kubera urugero ibindi Bihugu bya Afurika.

Moussa Faki Mahamat yakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, tariki 19 Werurwe 2023, nyuma y’umunsi umwe anakiriwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kuri iki Cyumweru, byatangaje ko Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Muri iri tangazo ryo kuri uyu wa 19 Werurwe 2023, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame na Moussa Faki Mahamat baganiriye ku bibazo byugarije akarere ndetse n’Umugabane wa Afurika.

Moussa Faki Mahamat na we wagarutse ku byo yaganiriye na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, mbere yuko yakirwa n’Umukuru w’u Rwanda, yari yatangaje ko yishimiye kuva i Bujumbura mu Burundi atwaye imodoka akagenda areba ibyiza bitatse iki Gihugu, kugeza ageze ku mupaka ugihuza n’u Rwanda ndetse kurinda ashyitse i Kigali.

Ubwo yagaragazaga akamaro ko kuba hakurwaho inkomyi z’imipaka hagati y’Ibihugu, yagaragaje ko uru rugendo rwe kuva i Burundi kugera mu Rwanda, rwamweretse ibyiza byo kureka abatuye Ibihugu bakanderana.

Yagize ati “Ibi bigaragaza akamaro k’urujya n’uruza binyuze mu ntego dusangiye nk’akarere zirimo amahoro, kwihuza ndetse no guturana neza, nkuko biri mu ntego ya Africa we Want [Afurika twifuza].”

Moussa Faki Mahamat yaboneyeho gushimira Albert Hatungimana, Guverineri w’Intara ya Kirundo mu Burundi ndetse n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, Umutoni Shakilla uburyo bamwakiriye ku mupaka wa Nemba.

Kuri iki Cyumweru yakiriwe na Perezida Kagame
Umunsi wabanje yari yakiriwe na Perezida Ndayishimiye w’u Burundi

Yavuye i Burundi aza mu Rwanda aciye inzira y’ubutaka
Yakiriwe n’Umuyobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda
Yavuze ko yishimiye kuza areba ibyiza bitatse ibi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 17 =

Previous Post

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Next Post

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.