Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baturage bari i Nairobi muri Kenya aravuga ko ubuzima busa n’ubwahagaze i Nairobi kubera imyigaragambyo yashojwe na Raila Odinga, yaramutse kuri uyu wa Mbere, ubu amaduka menshi akaba afunze.

Uyu muturage witwa Ndikubwayo Bosco utuye i Nairobi muri Kenya, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko yaramutse ajya muri uyu mujyi rwagati kuko asanzwe ari umucuruzi, ariko agasanga umwuka uriyo utatuma bacuruza kubera imyigaragambyo ikomeye yaharamukiye.

Avuga ko abashyigikiye Raila Odinga bari muri iyi myigaragambyo ikomeye, bari kuzenguruka muri uyu mujyi, aho bahanganye n’igipolisi na cyo gikomeje gushaka uburyo cyahagarika iyi myigaragambyo.

Ati “Bari kuzenguruka baca hirya baca hino, batera amabuye, Abapolisi na bo batera ibyuka biryana mu maso. Ntitwashoboye kujyayo kuko n’iyo twari kujyayo n’akazi kacu ntikari gukorwa uretse ko n’ibyacu byari kuhangirikira.”

Uyu muturage ukomoka mu Burundi, avuga ko iyo habaye imyigaragambyo nk’iyi, ba rusahurira mu nduru babyitwikira bagasahura amaduka y’abacuruzi.

Ati “Bari kubyitwikira bagenda basahura biba, urumva muri iyo rwaserera yo kwiruka abandi birukankana n’Abapolisi, banafashe bamwe maze kubona abashingategeko batatu bafashwe. Ntibyoroshye ko umuntu yafungura iduka rye ngo acuruze.”

Bosco akomeza avuga ko muri uyu mujyi hasanzwe haba imyigaragambyo, ndetse Leta ikareka abayikora bakigaragambya ariko “uyu munsi Leta isa nk’aho itemeye iyi myigaragambyo kuko uyu munsi bababujije, aho babona abantu batatu bane batanu, babateramo tear gas bakabatatanya, urumva kabaye akajagari kanini.”

Iyi myigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’i Nairobi, byari biteganyijwe ko na Raila Odinga ubwe ayitabira akajya ku gice kimwe kiri gukorerwamo iyi myigaragambyo, ariko Abapolisi bakaba batatanyije abigaragambya atarahagera.

Raila Odinga aherutse guhamagarira abamushyigikiye kujya muri iyi myigaragambyo yo gusaba ko Perezida William Ruto na Guverinoma ye begura.

Perezida William Ruto bari bahanganye mu matora aheruka, na we kuri iki Cyumweru yari yagize icyo avuga kuri ibi bikorwa bya Raila Odinga, amunenga imyitwarire idahwitse yakunze kumuranga.

Ruto yanagarutse ku byakunze kuranga Odinga kuva ku butegetsi bwo hambere, amushinja guteza akaduruvayo mu Gihugu kuko ari we buri gihe uhamagarira abaturage kwigaragambya mu myigaragambyo yagiye inagwamo abaturage benshi.

Abigaragambya batewe ibyuka biryana mu kirere

Photo © BBC 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − four =

Previous Post

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Next Post

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.