Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko ubutaka bwe bwiswe ubwa Leta kubera kubura ibihumbi 50 Frw yasabwaga n’umuyobozi ngo abwandikweho, avuga ko muri 2019 ubwo yari agiye kugeza ikibazo cye kuri Perezida Paul Kagame, abayobozi bamukumiriye bamwizeza ko ikibazo cye cyakemutse, none amaze imyaka ine asiragira

Uyu muturage witwa Mucumbitsi Paul utuye mu Mudugudu wa Gahinga mu Kagari ka Basa, avuga ko mu mwaka wa 1947 ari bwo haje umushinga witwa Fond du Bien Etre Indigene FBI wasimbuwe n’uwitwa Association International Pour le Development Rural AIDR wubaka ibikorwa by’amazi ahantu hatandukanye mu mirima y’abaturage.

Umurima w’ababyeyi b’uyu muturage, uri mu yubatsweho ibi bikorwa remezo, ariko ayo mavomero aza kwangirika, bituma ubutaka yari yubatseho busubizwa ba nyirabwo, na we asubirana ubu bwahoze ari ubw’ababyeyi be nk’umuzungura.

Mucumbitsi avuga ko yakomeje kubyaza umusaruro ubu butaka kugeza ubwo hazagaho gahunda yo kwandika ubutaka ku baturage.

Avuga ko icyo gihe ari bwo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burinda yamwatse amafaranga ibihumbi 50 Frw kugira ngo yandikweho ubwo butaka, arayabura, buhita bwitwa ubwa Leta.

Ati “Igihe ngiye kubarura, Gitifu aba arampagaritse ngo ni ubwa Leta, ngo niba utampaye amafara ibihumbi 50 ngo simpaguha, nanjye ngo sindaguha ayo mafaranga kandi ntari kugura mu bukode bwa data.”

Uyu muturage akomeza avuga ko yahise atangira kwandikira inzego za Leta kuva ku Kagari n’Umurenge kugeza ku Karere, abasaba kumurenganura ariko ngo zikomeza kumusiragiza.

Ati “Kugeza n’ubu ndacyandika kandi mfite n’ibipapuro natangiriyeho.”

Mu kwezi kwa 05 muri 2019 Perezida wa Repubulika yasuye Akarere ka Rubavu uyu muturage ngo ashatse kumugeza ikibazo cye abayobozi baramukumira bamubwira ko ikibazo cye cyakemutse yaza gufata icyangombwa cy’ubutaka bwe.

Ati “Perezida aje ku Gisenyi, hariya ku Nyundo, ngize ngo ngiye kukimubaza barangarura abayobozi, n’uw’Akarere utanga iby’ubutaka witwa Bigaya, ngo wowe ikibazo cyawe twaracyujuje  ejo uzaze gufata icyangombwa cyawe tugusubize umurima wawe.”

Akomeza avuga ko yagiyeyo bakomeza kumusiragiza kugeza bamubwiye ko basanze umurima ari uwa Leta.

Muri 2018 ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwagiriye Inama ubw’Akarere ka Rubavu, kureba abantu bose bafite ubutaka bwakoreshwaga mu buryo bumwe n’ubwa Mucumbitsi Paul kugira ngo busubizwe mu maboko ya Leta niba kandi bidakozwe bityo uyu na we agahabwa ubutaka yita ubwe kuko bwakoreshwaga mu buryo bumwe akabwamburwa wenyine mu gihe abandi babufite.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    Nagane urukiko rumwegereye, ahereye ku bunzi, abaturanyi nibo bazi ukuri kurusha aba kure. Umwanzuro wabo natawishimira ajurirure urukiko rw’ibanze bizakemuka. Kuva ataragana ubutabera mu rwego rw’amategeko bivuze ko atararengana. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nine =

Previous Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Next Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.