Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Photo-Internet: Umwe mu basirikare wigeze guhohoterwa azira uko asa

Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje kwivugana abo mu bwoko bw’Abatutsi, ugaragaza abo giherutse kwica barimo abasirikare babiri bacyo bafite amapite yo hejuru cyabahoye uko basa ngo nk’Abatutsi.

Ni urutonde rw’abantu batanu rukubiye mu itangaro ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 mu kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe 2023.

Iri tangazo ryo kumenyesha amahanga ndetse n’Abanyekongo muri rusange, M23 itangira ivuga ko itewe impungenge n’ibikorwa bishya bya gisirikare biyobowe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyamo n’imitwe nka FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO, Mai-Mai ndetse n’abacancuro.

Uyu mutwe uvuga ko Guverinoma ya Congo ikomeje kurenga ku mwanzuro wo guhagarika imirwano, aho igisirikare cyayo cyahise kigabiza ibice biherutse kurekurwa na M23 mu rwego rwo kubona uko kigaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

M23 ivuga kandi ko ibi bikorwa byo gushotora M23, binaherekezwa n’ibikorwa byo kwica abasivile, imbwirwaruhame zibiba urwango, ivanguramoko ndetse no kwica abantu bazizwa uko baremwe n’ibindi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Iti tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigaragaza urutonde rw’abasivile ndetse n’abasirikare baherutse kwicwa bazizwa ubwoko bwabo.

Aba bantu; ni Justin Sesogo Mani wari umwarimu kuri Rugari Institute Mahono, ndetse n’umwana we w’imyaka icumi wakomerekejwe, ubu akaba avurirwa mu Bitaro bya Rutshuru.

Hishwe kandi Byiringiro w’imyaka 18 wiciwe muri Kirumbu ku ya 20 Werurwe 2023, hakaba kandi umuyobozi wa Lokarite ya Nyamagana, witwa Pontien Ruribikiye wishwe tariki 17 Werurwe 2023.

Hishwe kandi abasirikare babiri, Lieutenant Gahaya Adrien wari ingabo muri FARDC wishwe azizwa isura ye ngo igaragara nk’iy’umututsi, yicirwa ahitwa Kimoko tariki 18 Werurwe 2023.

Nanone hishwe Lieutenant Colonel Gatari Ngarukiye Celestin na we wishwe mu buryo bumwe n’uyu Lieutenant Gahaya wishwe azira uko asa.

Muri iri tangazo kandi; M23 ivuga ko ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, i Kilorirwe habaye ibiganiro byahuje M23, itsinda rya EACRF rw’ingabo z’Umuryango w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’itsinda rya EJVM.

Ibi biganiro byari bigamije “kurebera hamwe niba impande zose zirebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano, ziri kuwubahiriza, niba kandi nta bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu. Byagaragaye ko M23 iri mu murongo w’ibyo wiyemeje byo gusubira inyuma no guhagarika imirwano.”

Gusa imirwano hagati y’uyu mutwe wa M23 ndetse n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yo irakomeje, aho kuri uyu wa Gatatu yabereye mu bice bya Rugari, Buhumba na Kibumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + fifteen =

Previous Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Next Post

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Amakuru mashya ashimishije ku muhanzikazi uri kuzamukana imbaduko mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.