Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hatangajwe ko Rusesabagina Paul na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara barekurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hamenyekanye andi makuru arambuye kuri izi mbabazi zatanzwe n’Umukuru w’u Rwanda.

Irekurwa rya Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte wiyise Sankara, ryamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ko bafungurwa none, ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru arambuye ku bw’izi mbabazi yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aba bombi bahawe imbabazi hamwe n’abandi bantu 18 baregwaga hamwe mu itsinda ry’urubanza rwari rwarahawe izina rya MRCD-FLN.

Bikubiye mu itangazo rya Minisiteri y’Ubutabera, ryasohotse kuri uyu wa Gatanu, rigaragaza iby’izi mbabazi zahawe Rusesabagina Paul ndetse na Nsabimana Callixte, rigaragaza ko n’abandi bantu 18 bari abanyamuryango ba MRCD-FLN bahawe izi mbabazi.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ubutabera kandi ririmo n’amabaruwa asaba imbabazi arimo iyanditswe na Nsabimana Callixte yandikishije intoki asaba imbabazi Perezida Paul Kagame.

Naho Paul Rusesabagina we yasabye imbabazi bisabwe n’Abanyamategeko bamwunganiraga ari bo Me Gatera Gashabana na Me Jean Felix Rudakemwa, banditse mu izina ry’umukiliya wabo.

Iri tangazo rinavuga kandi ko hari abandi bagororwa 358 bari barahamijwe ibyaha bitandukanye, na bo bahawe imbabazi, bagomba gufungurwa.

 

Muri MRCD-FLN ko bari 21 kuki harekurwa 20?

Uru rubanza rwaregwamo abantu 21 baregwaga ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’umutwe wa MRCD-FLN by’ibitero byahitanye ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda.

Muri aba bantu bari barimo kandi Angeline Mukandutiye wari wabanje gukatirwa gufungwa imyaka itanu mu rubanza rwaciwe n’Urugereko Rwihariye ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko mu bujurire akaza gukatirwa gufungwa imyaka 20 n’Urukiko rw’Ubujurire nyuma yuko rusanze uyu mugore umwe waregwaga muri uru rubanza yari yarahamijwe n’ibyaha bya Jenoside.

Urukiko rw’Ubujurire rwagendeye ku gihano cyo gufungwa burundu cyari cyahawe uyu Angelina cyari cyafashwe n’Inkiko Gacaca muri 2008, rwavuze ko uyu mugore yorohereje ubutabera kuko yari yaburanye yemera ibyaha ndetse akanisabira imbabazi.

Mu bahawe izi mbabazi za Perezida Paul Kagame, birashoboka ko uyu mugore atarimo kuko yari afite umwihariko wo kuba yari yarahamijwe ibyaha yihariyeho bya Jenoside yakoze mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Next Post

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.