Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baguye mu kantu kubera umurambo bikekwa ko ari uw’umuturage bari bazi ko amaze imyaka 15 muri Uganda, wabonetse mu bwiherero, bikaba bikekwa ko yishwe n’umugabo we, wahise anatoroka.

Umubiri bikekwa ko ari uwa Ayinkamiye Rebecca, wabonetse ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 01 Mata 2023 mu bwiherero bw’urugo rwo mu Mudugudu wa Kirenge mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro.

Uyu mubiri ukiboneka, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangira iperereza ndetse rujyana n’umubiri kugira ngo ukorerwe isuzuma bimenyekane ko uyu mubiri ari uwa Ayinkamiye koko.

Bamwe mu bafitanye isano n’uyu bikekwa ko ari nyakwigendera barimo murumuna we witwa Mutoniwase Diane, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru yatumye haboneka uyu mubiri, yamenyekanye ubwo yaganiraga n’umugore wa mukuru w’umugabo wa nyakwigendera bikekwa ko ari na we wamwivuganye.

Mutoniwase Diane “Yambwiye ko yashwanye n’umugabo amukubise akamucyurira ati ‘urashaka kunyica nkuko mwishe umugore wa mukuru wawe mukamuta muri wese?’ Duhita tujya gutanga ikirego.”

Abaturage bo muri aka gace banenga bagenzi babo bari baratinze gutanga amakuru kuko nyakwigendera, yari amaze igihe kinini hatazwi aho aherereye.

Mutsinzi Phenias akaba ari na Se wa nyakwigendera, avuga ko urugo rw’umukobwa we rwakundaga kubamo amakimbirane ariko ko hari hashize igihe kirekire yarabuze batazi aho aherereye.

Ati “Batinze kugira icyo badufasha ari yo mpamvu abaturage bagomba kujya batanga amakuru kare, niba umuntu abuze bakaba batamureba, ukwezi kumwe abiri, bagomba kwibaza bati ‘ese umuntu yagiye he’ bakanabaza abo muri uwo muryango w’uwagiye.”

Mukakananura Agnes na we utuye muri aka gace, avuga ko bari bazi ko nyakwigendera yagiye muri Uganda, bakaba bakubiswe n’inkuba bumva ko habonetse umurambo we.

Ati “Ntitunabimenye! Ahubwo abantu baba bagira ibanga ryabo, ahubwo uwo muntu wabivuze, kimwe n’uwamwishe, baraba babaye abanzi babiri.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko umubiri wa nyakwigendera wahise ujyanwa gukorerwa isuzuma ry’uturemangingo.

Ati “Ikigiye gukurikiraho ni uko uwo mubiri ugiye gupimwa ADN kugira ngo hamenyekane niba ari uwa Ayinkamiye Rebecca koko.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi uwitwa Twizerimana Emmanuel akaba ari murumuna wa Harerimana Dieudonne ukekwaho kwica nyakwigendera wari umugore we, mu gihe we yahise atorokera muri Uganda.

 

INKURU MU MASHUSHO

Yussuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 19 =

Previous Post

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Next Post

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Related Posts

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, yapfiriye muri...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo, who served as the prefect of the former Ruhengeri prefecture in the government that planned and executed the...

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

by radiotv10
04/08/2025
0

Polisi ikorere mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 15 barimo abagabo 13 n’abagore babiri bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo...

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’agahinda bw’umunyamakuru Mike Karangwa nyuma yo gupfusha umwana
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’agahinda bw’umunyamakuru Mike Karangwa nyuma yo gupfusha umwana

by radiotv10
04/08/2025
0

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

04/08/2025
DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

04/08/2025
Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

04/08/2025
Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

04/08/2025
Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

04/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’agahinda bw’umunyamakuru Mike Karangwa nyuma yo gupfusha umwana

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.