Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio avuga akurikije uko abona Iterambere ry’u Rwanda rihagaze n’aho rwavuye, bitanga icyizere ko Umugabane wa Afurika uzigobotora ibyo guhora utegeye amaboko amahanga.

Yabitangaje mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 2023, gitegura ishyirwa hanze ry’igitaro cy’Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Angola, Dr. Francisco Queiroz, akaba n’umujyanama wa Prezida João Manuel Gonçalves Lourenço.

Iki kiganiro cyabimburiye imurika ry’igitabo cy’uyu mwanditsi kiswe ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’, gishyirwa ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, igikorwa cyanahujwe n’umunsi ngarukamwaka w’amahoro n’ubwiyunge muri Angola.

Dr. Tchikondo, yavuze ko “Nshingiye ku muvuduko w’iterambere, nararebye nsanga mu myaka iri imbere abantu bazaba bakoresha ikoranabuhanga rya Telepathy, aho bazajya bifashisha utwuma dushyirwa mu bwonko bw’umuntu. Ibi icyo bizafasha, ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’ibihugu, by’umwihariko iry’Umugabane wa Afurika.”

Abajijwe niba ibi uyu Mugabane wabyishoboza hadasabwe inkunga muri za mpatsibihugu, Dr Tchikondo yashimangiye ko uyu Mugabane ufite byose ukeneye ngo ugere ku cyo wifuza cyose, ahubwo ko ikibura ari ugufatanyiriza hamwe, ingingo ikunze kugarukwaho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Abajijwe impamvu u Rwanda rwatoranyirijwe kumurikirwamo iki gitabo, ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio, yavuze ko u Rwanda ari Igihugu buri muntu wese yifuza guturamo, bitewe n’iterambere riherekejwe n’amahoro rufite.

Ati “U Rwanda turufatiraho icyitegererezo, kuko iyo urebye uko rwari rumeze mu 1994, n’uko rwabashije kwihuta mu kongera kwiyubaka kuri ubu abaturage barwo bakaba bariho mu mahoro, ibyo bihita birugira intangarugero.”

Ambasaderi Octavio, yakomeje avuga ko Angola n’ u Rwanda bifitanye umubano umaze igihe kini, kandi ibyo bihita bituma Ibihugu byombi bibasha gusaranganya ubunararibonye mu nkingi zose.

Avuga ko ku bufatanye na Ambasade ya Angola mu Rwanda, bahisemo kumurikira iki gitabo mu Rwanda kuko ari Igihugu gisangiye amateka ashingiye ku rugamba rwo kwiyubaka no guharanira amahoro arambye.

Iki gitabo ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’ kiri bumurikwe uyu munsi muri Kigali Convention Center, kigaragaza uburyo Ibihugu bya Afurika byagera ku iterambere mu buryo bwihuse hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, kikaba gikubiyemo uko ibi byose bizagerwaho.

Ambasaderi wa Angoma mu Rwanda ari kumwe n’uyu mwanditsi

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 2 =

Previous Post

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Next Post

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.