Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA
0
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

TV10 imwe muri televiziyo zigenga mu Rwanda, itarahwemye kugeza ku Banyarwanda ibiganiro n’amakuru byihariye kandi bigirira akamaro benshi, ikomeje kwaguka, aho ubu yatangiye kugaragara kuri DStv.

Iyi televiziyo yanafunguye ikibuga cya Televiziyo zigenga mu Rwanda dore ko ari yo ya mbere, yari isanzwe igaragara kuri Star Times na Canal + no kuri shene zitishyura mu Rwanda.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abakunzi ba TV10 gukomeza kureba iyi Televiziyo, ubu yanageze ku ifatabuguzi rya DStv, ku buryo abakoresha iri fatabuguzi bazajya bayireba kuri Channel ya 396.

Umuyobozi Mukuru wa RADIOTV10, Augustin Muhirwa avuga ko gushyira TV10 kuri DStv bigamije gukomeza guhaza ibyifuzo by’abakurikira ibiganiro n’amakuru bya TV10.

Yagize ati “Abantu bari bafite DStv ntibabashaga kureba TV10, kuba yagiyeho ni inyungu kuri bo ndetse ni n’inyugu za TV10 kuba abatureba biyongereye.”

TV10 isanzwe izwiho gutambutsa ibiganiro n’amakuru bifasha benshi kunguka ubumenyi ndetse n’ubuvugizi ku bafite ibibazo by’imibereho bikabonerwa umuti, ikaba iza ku isonga muri Televiziyo zikurikirwa na benshi.

Augustin Muhirwa akomeza avuga ko kuba iyi Televiziyo kandi iri kuri DStv, bizanakomeza gutuma ibi biganiro n’amakuru itambutsa bigera ku Banyarwanda benshi ndetse n’abandi bose bakoresha ifatabuguzi rya DStv.

Ati “Ni na byiza ku Banyarwanda kuko bizatuma babasha kureba amakuru acukumbuye n’ibiganiro by’ingirakamaro, byabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umwaka ushize, TV10 n’ubundi yagaragaye kuri DStv, ndetse ubu ikaba izongera kugaragaraho itambutsa ibiganiro byo kwibuka ku nshuro ya 29, ndetse ikazanagumaho mu buryo buhoraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 13 =

Previous Post

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

Next Post

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Related Posts

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

by radiotv10
01/09/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka...

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

by radiotv10
01/09/2025
0

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri, bavuga ko hashize myaka ibiri batanze Miliyoni 17 Frw nk’umugabane mu mushinga wo...

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

by radiotv10
01/09/2025
0

President Paul Kagame has arrived in Dakar, Senegal, where he is attending the Africa Food Systems Forum, a summit focused...

Perezida Kagame ari muri Senegal

Perezida Kagame ari muri Senegal

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika “Africa Food Systems Forum’ yiga ku guteza...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

01/09/2025
Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

01/09/2025
Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

01/09/2025
Perezida Kagame ari muri Senegal

Perezida Kagame ari muri Senegal

01/09/2025
Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

30/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.