Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto usanzwe ari Umukristu, yifatanyije n’Abayisilamu muri iki gihe bari mu kwezi kw’igisibo, aboneraho kugaragaza ko abantu bagomba gushyira hamwe batitaye ku madini basengeramo cyangwa ikindi cyose baba badaje.

Perezida William Ruto uherutse mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yahagiriye, yatangaje ibi mu musangiro yagiranye n’abo mu Idini ya Islam ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 11 Mata 2023.

Uyu musangiro w’umugoroba w’igisibo (Iftar) wabereye ahitwa KICC wari wateguwe n’Abashoramari bibumbiye mu ishyirahamwe ry’abashoramari rizwi nka Eastleigh Business District Association.

Perezida William Ruto witabiriye uyu musangiro yambaye mu myambaro imenyerewe ku bo mu idini ya Islam, yavuze ko yishimiye iki gikorwa, yibutsa abo muri iri dini ko Igisibo ari igihe gitagatifu cyo kwitekerezaho no kwiyegereza Imana ndetse no gusenga no gukomeza ukwizera kw’Abayisilamu.

Yagize ati “Mu gihe dutangiye iminsi icumi (10) ya nyuma y’igisibo n’amajoro y’umugisha by’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, ndamukije umuryango w’Abayisiramu bose.”

Yaboneyeho gusaba Abanyakenya bose gukomeza gusigasira amahoro, no kurangwa n’ibikorwa by’urukundo kuri bose, batitaye ku madini cyangwa ibindi byose baba badahuriyeho.

Perezida Ruto kandi ubwo yari muri uyu muhango wa Islam, yari kumwe na Visi Perezida we Rigathi Gachagua na we wari wambaye imyambaro imenyerewe ku bo mu idini ya Islam.

Ruto yanaboneyeho gusenga nk’abayisilamu

Yari kumwe na Visi Perezida we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + thirteen =

Previous Post

Umunyarwandakazi ukina umukino utaramenyerwa cyane mu Rwanda yanditse amateka ku Isi

Next Post

Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu

Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.