Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Amakuru mashya akomeye ku wari Minisitiri w’Intebe wavuzweho gushaka gukora ‘Coup d’état’

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’

Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisititi w'Intebe w'u Burundi

Share on FacebookShare on Twitter

Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, akaza gusimbuzwa, ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, urugo rwe rwasatswe n’inzego zirimo iz’ubutasi, aho bikekwa ko iwe hahishe amafaranga menshi.

Aya makuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, yatangajwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, avuga ko urugo rwa Alain Guillaume Bunyoni, rwasatswe uyu munsi.

Ubutumwa bwanditswe n’iki kinyamakuru kuri Twitter, buvuga ko “Polisi n’inzego z’Iperereza bari gusaka urugo rw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni. Ku busabe bwatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika.”

Iki kinyamakuru kivuga ko iri sakwa rishingiye ku mafaranga atagira ingano menshi cyane ashobora kuba ahishe mu rugo rw’uyu wabaye Minisitri w’intebe w’u Burundi.

Polisi y’u Burundi nayo yemeje ko gusaha urugo rwa Bunyoni “Rwategetswe n’Umushinjacyaha Mukuru w’Igihugu rwo gufungura imiryango y’ibyumba byose by’inzu ituyemo uwahoze ari Minisitiri w’Intebe.”

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu nkiko mu Gihugu cy’u Burundi, Dieudonné Bashirahishize agira icyo avuga kuri iri saka ryakorewe uyu munyapolitiki, yavuze ko bamwe mu bategetsi mu Burundi bigwizaho imitungo bakoresheje inzira zitanoze, bityo ko hakwiye kubaho akanyafu.

Yagize ati “Kurinda ubukungu bw’Igihugu  ntibigomba kugarukira gusa mu mbwirwaruhame. Ntabwo kurwanya ruswa byashoboka mu gihe Igihugu cyakwimakaza umuco wo kudahana.”

Alain-Guillaume Bunyoni yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, nyuma y’igihe hari hamaze iminsi hanugwanugwa ko ashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yahise asimburwa na Gervais Ndirakobuca watowe n’Inteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gushyirwaho na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Icyo gihe Alain-Guillaume Bunyoni yavuyeho hamaze iminsi humvikana guterana amagambo na Perezida Ndayishimiye ku ngingo zari zikomeye zarebaga Igihugu.

Perezida Ndayishimiye kandi yari yagarutse ku bariho bashaka kumuhirikira ubutegetsi, avuga ko Imana itakwemera ko uyu mugambi mubisha wagerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 11 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Next Post

Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.