Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara, barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa batwo, bari bafungiye i Kigali kubera ibyaha bakekwaho byahombeje Leta, bakaba bari baherutse gufungurwa, bongeye gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Aba bakozi batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier na Ntaganzwa Athanase wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gisagara.

Barimo kandi umukozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyanza, Nkurunziza Enock, ushinzwe inyubako muri aka Karere, Uwambajimana Clement ndetse na Mpitiye Bosco ushinzwe amasoko ya Leta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rwabataye muri yombi muri Werurwe uyu mwaka wa 2023, rwari rwatangaje bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiranye na rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo.

Aba bakozi b’Uturere twa Nyanza na Gisagara bari bafungiye mu Mujyi wa Kigali, bari bakorewe dosiye n’Ubushinjacyaha buyishyikiriza Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwanababuranishije tairiki 05 Mata 2023.

Uru rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwari rwafashe icyemezo cyo kubarekura bagakurikiranwa bari hanze, ngo kuko nta mpamvu ikomeye yari ihari yatumaga baburana bafunzwe.

Amakuru yizewe avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwongeye guta muri yombi aba bakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara.

RIB yongeye gufunga aba bantu, ishingiye ku bimenyetso bishya byaje kugaragara nyuma, bifitanye isano n’ibyaha bikekwa kuri aba bakozi bakurikiranyweho ibyahombeje Leta, aho RIB ivuga ko abakekwaho ibyaha bari batangiye no kubisibanganya.

Ubwo bafungurwaga, hari amakuru yavugaga ko rwiyemezamirimo witwa Kabanda uvugwa muri iyi dosiye yo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, we yakomeje gushakishwa na RIB, ariko ko yakomeje kubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Next Post

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.