Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara, barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa batwo, bari bafungiye i Kigali kubera ibyaha bakekwaho byahombeje Leta, bakaba bari baherutse gufungurwa, bongeye gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Aba bakozi batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier na Ntaganzwa Athanase wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gisagara.

Barimo kandi umukozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyanza, Nkurunziza Enock, ushinzwe inyubako muri aka Karere, Uwambajimana Clement ndetse na Mpitiye Bosco ushinzwe amasoko ya Leta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rwabataye muri yombi muri Werurwe uyu mwaka wa 2023, rwari rwatangaje bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiranye na rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo.

Aba bakozi b’Uturere twa Nyanza na Gisagara bari bafungiye mu Mujyi wa Kigali, bari bakorewe dosiye n’Ubushinjacyaha buyishyikiriza Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwanababuranishije tairiki 05 Mata 2023.

Uru rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwari rwafashe icyemezo cyo kubarekura bagakurikiranwa bari hanze, ngo kuko nta mpamvu ikomeye yari ihari yatumaga baburana bafunzwe.

Amakuru yizewe avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwongeye guta muri yombi aba bakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara.

RIB yongeye gufunga aba bantu, ishingiye ku bimenyetso bishya byaje kugaragara nyuma, bifitanye isano n’ibyaha bikekwa kuri aba bakozi bakurikiranyweho ibyahombeje Leta, aho RIB ivuga ko abakekwaho ibyaha bari batangiye no kubisibanganya.

Ubwo bafungurwaga, hari amakuru yavugaga ko rwiyemezamirimo witwa Kabanda uvugwa muri iyi dosiye yo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, we yakomeje gushakishwa na RIB, ariko ko yakomeje kubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Next Post

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.