Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yiyemerera ko yabaye imbata yo kurya isabune, ndetse ko iyo atayibonye abura amahoro, ku buryo atuza iyo ayiriye.

Ni umukobwa witwa Tempestt Henderson wo muri muri Leta ya Frolida muri Leta Zunze Ubumwe za America, wabwiye Ikinyamakuru Truly ko akunda kurya isabune n’indi miti bifashisha mu gukora isuku, ku buryo ngo bigeze aho abura amahoro iyo atabonye agasabune ko kurya.

Uyu mukobwa avuga ko byatangiye akiri muto ubwo yakundaga impumuro y’amasabune ku buryo yahoraga azihumuriza nyuma biza kugera atangira kurya arigataho haba amasabune y’ifu n’izindi zisanzwe cyane cyane mu gihe ari gukaraba mu maso yishimiraga kuyirya nta mpungenge.

Avuga ko byaje gukomeza kugeza ubwo abaswe na byo, aho byatangiye ubwo yabyukaga buri gitondo akihereraa karigata ku gasaune k’ifu ubundi umunsi we ugatangira neza.

Avuga kandi kurigata isabune byamufashaga no mu gihe yumva atanezerewe cyangwa afite ibyamubabaje, ku buryo iyo yaryaga isabune, yumvaga anezerewe n’agahinda kose kagahita gahunga. Avuga ko byibura ku munsi ashobora kurya isabune inshuro 7.

Yicaraga ku meza ubundi agafata ifurusheti n’icyuma akarya isabune akanasomeza indi

Icyakora nubwo ibyo byose abizi uyu mukobwa avuga ko amahoro ya mbere ayakura ku isabune. Aha yabwiraga umuganga.

Yagize ati “Ndya isabune iyo ndi gukaraba intoki, iyo ndi mu bukarabiro hari n’igihe ndya isabune nicaye mu cyumba cyanjye. Byonyine iyo ntekereje isabune cyangwa undi muti wose usukura mpita numva mbaye mushya. Iyo mpangayitse cyane ndya isabune nyinshi.”

Tempest yabonye atakomeza kubihisja, afata umwanzuro wo kubibwira inshuti ze ndetse n’ababyeyi ubwo yabonaga ko bikabije kubera ko ngo mu gihe abandi bitwaza twa bombo we yitwazaga agasabune ko kuza kunyunguta mu gihe ari ku ishuri.

Umuryango wemujyanye ku baganga cyane abakurikirana ibibazo byo mu mutwe ngo bamufashe gucika kuri iyo ngeso yashoboraga kuzamugeza ku rupfu.

Ni inkuru yavugishije abatari bacye, bamwe bakavuga ko bishoboka ko umubiri we utari nk’uwabandi.

Icyakora nyuma y’igihe avuye ka muganga amakuru avuga ko ubu yahagaritse kuyirya icyakora ngo aracyakunda impumuro yayo ndetse n’iyo imufasha kumererwa neza mu buzima bwe bwa buri munsi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

Umwarimu w’imyitozo ya ‘Yoga’ igera no ku mitekerereze ya muntu yahishuye byinshi bitayizwiho

Next Post

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze
MU RWANDA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.