• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahagurutse mu Gihugu cye yerecyeza i Kampala muri Uganda, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafashe indege mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, yerecyeza i Kampaka muri Uganda.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi ryagiye kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, rigira riti “Nyakubawa Evariste Ndayishimiye amaze gufata indege yerecyeza i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo zagiye gufasha kugarura amahoro mu Gihugu cya Somalia.”

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo ziri muri Somalia zigize urwego rwa ATMIS (The African Union Transition Mission in Somalia), irateranira i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Iyi nama igiye kubera muri Uganda nyuma yuko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni na Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud; bahuriye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America ubwo bari bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Ubwo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bahuraga, Perezida wa Somalia, Hassan Mohamud yasabye mugenzi we Museveni ko yazakira Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa muri Somalia, zigize urwego rwa ATIMS, birimo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya na Uganda.

Perezida Ndayishimiye ubwo yari agiye guhaguruka ku kibuga cy’Indege
Yasezeye ku bayobozi bakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Next Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.