Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yagaragaye mu ngoro ye ari gutambutsa imbwirwaruhame imbere y’abana, arindiwe umutekano n’abana bato, atangira avuga ko yishimiye kuba yacungiwe umutekano n’abajepe (Secret Service Agents) kabuhariwe i Washington. Ibi byakozwe muri gahunda isanzwe igenewe abana.

Ni amafoto yashyizwe kuri Twitter ubwe Joe Biden kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, aho aba ari gutanga imbwirwaruhame muri ‘White House’, ubwo yaganiraga n’abana.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane ubwo Perezida Joe Biden yakiraga mu biro bye, abana muri gahunda yiswe ‘Take Your Child To Work Day’, bakanagirana ikiganiro, aho bagiye bamubaza ibibazo by’amatsiko.

Mu butumwa bwe akigera kuri Podium, atangiye ijambo rye, Perezida Biden yagize ati “Ndashaka gushimira abajepe banjye bari kungenda imbere.”

Naho mu mafoto yashyize kuri Twitter, Biden yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Iyi ni Take Your Child To Work Day, nagiriwe umugisha wo kuba nacungiwe umutekano na bamwe mu bajepe bakomeye mu mujyi.”

President Biden unveils his new Secret Service team at the White House’s “Take Your Child to Work Day.” pic.twitter.com/yXjlryhFRQ

— The Recount (@therecount) April 27, 2023

Aba bana baba bari imbere ya Perezida Joe Biden, baba bambaye nk’abasirikare barinda uyu Mukuru w’Igihugu, nk’imyambaro yirabura ndete n’amataratara y’umurimbo, ubundi banambaye utwuma tubafasha mu itumanaho, bakaba bagaragaye kandi bahagaze nka bo, bagaragaza igitinyiro n’ubushongore.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bishimiye kubona uyu mukuru w’Igihugu cy’igihangange ari gucungirwa umutekano n’abana.

Nk’uwitwa Brennan Murphy yagize ati “Aba-Secrest service b’abana baba ari beza cyane muri white house, rero birakwiye ko abantu bazana abana babo bagahabwa akazi.”

Undi na we yagize ati “Mbega ibintu byiza mbonye mu buzima bwanjye.” Undi ati “Mana yanjye, biteye ubwuzu. Ukuntu bambaye indorerwamo z’izuba nziza.”

Iki gikorwa cya ‘Take Your Child To Work Day’, ni gahunda ngarukamwaka yo ku rwego rw’Igihugu isanzwe iba buri wa kane wa Kane w’ukwezi kwa Mata, aho ababyeyi bajyana abana babo aho bakorera kugira ngo bamenye ibyo baba bahugiyemo ndetse n’ubuzima bw’abantu bakuru.

Iyi gahunda iterwa inkunga n’umuryango udaharanira inyungu uzwi nka ‘Take Our Daughters and Sons to Work Foundation’ uri kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umaze ubayeho, ari na yo mpamvu wakoze iki gikorwa mu buryo budasanzwe, ahajyanywe aba bana muri Whithe House.

Bimwe mu byo Biden yabwiye aba bana, ni uko ibara akunda ari ubururu, akaba akunda kurya ifunguro rya mu gitondo rigizwe n’amagi, inyama zitunganyijwe zizwi nka bacon ndetse na fromage cyangwa cheese.

Bagaragaye bitwaye nk’aba Secret service agents

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Next Post

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.