Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

Jack Ma asanzwe akunda gutanga amasomo ku rubyiruko

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari ukomeye ku Isi, Jack Ma washinze kompanyi ya Alibaba Group, yahawe inshingano zo kuba umwarimu udahoraho wa Kaminuza Nyafurika yigisha ibijyanye n’imiyoborere ya ALU (African Leadership University) y’i Kigali mu Rwanda. Ni inshingano yahawe n’iri shuri.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iyi kaminuza mu cyumweru gishize, bwavuze ko “bwishimiye kumenyesha abantu bose ko Prof Jack Ma, washinze Alibaba Group na Jack Ma Foundation, yagizwe Umwarimu udahoraho muri kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, buvuga ko kuba Jack Ma agiye kujya yigisha muri iri shuri, bizatera akanyabugabo ba rwiyemezamirimo bato b’Abanyafurika, kurushaho gushaka ubumenyi bwatuma barushaho kwagura ibikorwa byabo.

Dr. Fred Swaniker, washinze iyi kaminuza ya ALU, avuga ko iri shuri ryitezweho gutanga impinduka nziza ku Mugabane wa Afurika, bityo ko kuba ryakwigishwamo na Jack Ma ari indi ntambwe igana ku ntego zaryo.

Yagize ati “Ubunarabibonye bwa Ma byumwihariko mu ikoranabuhanga ndetse no mu guhanga udushya, bizaba imbarutso ku banyeshuri bacu no kubatera akanyabugabo mu gutekereza ibyagutse, bakareba kure, kandi bakarushaho gushyira mu bikorwa indoto zabo bafite umuhate n’intumbero.”

Jack Ma wahawe inshingano zo kwigisha muri iyi Kaminuza yo mu Rwanda, asanzwe ari indorerwamo ya benshi ndetse byanatumye agenda ahabwa imyanya inyuranye nko kuba umujyanama wihariye w’intego z’iterambere rirambye. Inshingano yahawe n’Umuryango w’Abibumbye muri 2016.

Muri 2018 yatangiye umushinga yise ‘Africa’s Business Heroes’ ugamije gushimira ba rwiyemezamirimo 100 b’Abanyafurika bitwaye neza, bagahabwa ubufasha burimo amikoro n’amahugurwa.

Kaminuza ya ALU yahaye Jack Ma inshingano zo kuyigishamo, mu gihe hari hashize igihe gito na Kaminuza y’iwabo mu Bushinwa ya Hong Kong University na yo iherutse kumvikana na we ko mu gihe cy’imyaka itatu agiye kujya yigishamo ibijyanye no guhanga imirimo.

Umwaka ushize kandi, Jack Ma nabwo yagizwe umwarimu udahoraho muri Kaminuza yo mu Buyapani yitwa University of Tokyo ndetse na Kaminuza ya Tel Aviv University yo muri Israel.

Jack Ma uwo yari mu Rwanda mu myaka ine ishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 9 =

Previous Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Next Post

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.