Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano yahaye impanuro Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu bibiri, abasaba kuzirinda kugwa mu makosa, kuko ikosa ryakorwa n’umwe riha isura mbi Igihugu.

Ni impanuro yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Aba Bapolisi barimo abagize itsinda rya RWAFPU I-8 ry’abagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu butumwa mu gace ka Malakal mu Ntara ya Upper Nile muri Sudani y’Epfo, bagizwe n’Abapolisi 240 bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP), berecyezayo kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi.

Hari kandi n’itsinda rya RWAPSU 8 rigizwe n’abapolisi 140 bayobowe na SSP Gilbert Safari, rizahaguruka ku wa 21 Gicurasi ryerekeza muri Repubulika ya Centrafrique aho rizasimbura bagenzi babo bamaze umwaka bakorera mu murwa mukuru Bangui.

Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda, DIGP Vincent Sano yibukije aba Bapolisi ko bagiye guhagararira u Rwanda rwose, bityo ko bakwiye kuzaruhesha ishema, ndetse bakarangwa no gukorera hamwe.

Yagize ati “Impanuro zanyu ni izo twese duhuriyeho zijyanye n’inshingano za Polisi y’u Rwanda zo gucunga umutekano, kandi kugira ngo bigerweho ni uko mu kazi ka buri munsi mugomba kurangwa na disipuline, gukora inshingano nk’uko mwazitumwe n’igihugu mukorera hamwe nk’ikipe kandi mugakora kinyamwuga.”

Yabasabye kugendera kure ikosa iryo ari ryo ryose, kuko uretse kuba ryakwanduza isura y’uwarikoze, ariko rinanduza iya Polisi y’u Rwanda.

Ati “Mugomba guhora mwirinda ikosa iryo ari ryo ryose kuko ingaruka zaryo zitagarukira ku muntu ku giti cye gusa.  Iyo umwe muri mwe akoze neza byitirirwa mwese, Polisi y’u Rwanda ndetse n’igihugu muri rusange kimwe n’igihe yakoze amakosa. Muzarusheho gukora neza buri wese yirinde gukora ibitandukanye n’ibyo asabwa mu rwego rwo kurushaho guteza imbere izina ry’u Rwanda.”

RWAPSU ni rimwe mu matsinda abiri y’abapolisi b’u Rwanda abarizwa mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique (MINUSCA), akorera mu murwa Mukuru wa Bangui, irindi ni RWAFPU-1 yose hamwe agizwe n’abapolisi 280.

Andi matsinda abiri asigaye arimo RWAFPU-2 rikorera ahitwa Kaga Bandoro mu bilometero bisaga 300 uvuye Bangui n’irya RWAFPU-3 rigizwe n’abapolisi 180 ryo rikorera ahitwa Bangassou mu birometero 725 uvuye mu murwa mukuru.

Ni mu gihe muri Sudani y’Epfo habarizwa amatsinda abiri y’abapolisi b’u Rwanda agizwe n’abagera kuri 400.

DIGP Vincent Sano yahaye impanuro aba bapolisi
Yabasabye kuzarangwa n’ubunyamwuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − ten =

Previous Post

U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa

Next Post

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.