Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukecuru n’umwana we bo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, babonetse bapfuye nyuma yo gucumbikira abantu babiri.

Aba bantu bishwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2023, bicirwa aho bari batuye mu Mudugudu wa Sagahungu mu Kagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora.

Abishwe ni; Nyirabavakure Vestine w’imyaka 65 ndetse n’umwana we w’umuhungu witwa Tuyihorane Jean w’imyaka 21 y’amavuko.

Bishwe nyuma yuko bacumbikiye abantu babiri barimo uwitwa Habimana Jean Felix wari usanzwe afitanye isano na ba nyakwigendera dore ko uriya mukecuru Vestine yari amubereye Nyina wabo.

Ubwo abo bantu babiri bararaga kwa nyakwigendera, abaturanyi bwacyeye basanga Vestine n’umwana we bapfuye, mu gihe abo bari bacumbikiye bari bamaze kugenda.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, rwataye muri yombi abantu babiri ari bo; Habimana Jean Felix ndetse na Hagenimana Candida, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo za RIB ebyiri zitandukanye mu Mujyi wa Kigali; iya Kicukiro n’iya Kacyiru.

Habimana Jean Felix akurikiranyweho kuba ari we wishe ba nyakwigendera, mu gihe Hagenimana Candida akekwaho kuba ari we wabimutumye.

 

Harakekwa imitungo

Amakuru avuga ko ukekwaho kwica ba nyakwigendera, yabahoye kuba baratumaga atabona umugabane ku isamu ya Sekuru.

Ni amakuru kandi anagarukwaho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndora, Nsanzimana Theogene wavuze ko Habimana yari asanzwe afitanye isano na nyakwigendera Vestine.

Nyakwigendera Vestine kandi yari yacumbikiye abarimo uyu Habimana, ari na bwo nyuma baje gusanga uriya mukecuru yapfuye n’umuhugu we.

Uyu muyobozi w’Umurenge avuga ko ifatwa rya bariya bantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa ba nyakwigendera, ryagezweho kuko hariho gahunda yo gukangurira abaturage kujya bandika imyirondoro y’abantu babasura.

Yasabye abandi baturage kujya bashyira mu bikorwa iyi gahunda, bakandika abaturage babasuye bakarara, no kubamenyekanisha ku nzego z’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Ibyo Yolo The Queen yakoreye abakomeje kumugirira amashyushyu ntawabikekaga

Next Post

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.