Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Dr. Agnes Kalibata yashyizwe muri Komite y’abajyanama ba Perezida w’Inama ya COP 28 y’Umuryango w’Abibumbye iziga ku mihindagurikire y’ibihe, izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.

Dr. Agnes Kalibata usanzwe ayobora Ihuriro Nyafurika riharanira impinduka mu buhinzi rya AGRA (Alliance for a Green Revolution in Africa), asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubuhinzi.

Yashyize muri komite ngishwanama ya Perezida w’inama izwi nka COP28 (Conference of the Parties) igiye kuba ku nshuro ya 28 y’umuryango w’Abibumbye, izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu kwezi k’Ugushyingo 2023.

COP28 ni inama izahuriza hamwe Ibihugu na Guverinoma zitandukanye, imiryango inyuranye, n’abafatanyabikorwa baturutse ku Isi inyuranye, bagamije gushaka umuti wo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Nk’umwe mu bagize Komite ngishwanama ya Perezida wa COP28, Dr Kalibata azagira uruhare mu kugena no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Azaba ari umwe mu bazategura imishinga, aho azaba afite inshingano zinyuranye zirimo gukorana n’amatsinda, ndetse n’inzego zizashyirwaho, n’inzobere, mu bizaba bigamije gufasha abahinzi ndetse n’abakora mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi, hibandwa ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Avuga kuri uyu mwanya yahawe, Kalibata yagize ati “Nishimiye kuba umwe mu bagize Komite njyanama ya Perezida wa COP28. Ubu ntakintu gikenewe cyane nko gukorera hamwe mu guhuza ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.”

Dr Agnes Kalibata

Dr Agnes Kalibata yavuze ko imihindagurikire y’ibihe ari kimwe mu bibazo bifite umuruduko uri hejuru biri kugira ingaruka ku Isi.

Ati “Rero bizantera imbaraga zo gukorana n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa mu gushaka umuti w’iki kibazo gikomeye. Nzaboneraho gusangiza ubunararibonye bwanjye ndetse no gukorana n’abandi bagize Komite kugira ngo tugere ku musaruro ushimishije.”

Kalibata kandi ni umwe mu bagize uruhare mu itegurwa ry’Ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye yabaye muri 2021 yigaga ku bijyanye no kwihaza mu biribwa.

Yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi kuva muri 2008 kugeza muri 2014.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Ibyabaye ku muhanzikazi nyarwanda utarabimaramo igihe kinini biratunguranye

Next Post

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.