Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batashye bijujuta kuko bateretswe abakekwaho kwica Umupolisi nkuko bari babyizejwe

radiotv10by radiotv10
19/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Batashye bijujuta kuko bateretswe abakekwaho kwica Umupolisi nkuko bari babyizejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, baje mu Nteko y’Abaturage ari benshi bizejwe ko baza kugaragarizwa abakekwaho kwica Umupolisi uherutse gusangwa ku muhanda yapfuye, ariko bataha batamwerestwe, bituma bagenda bijujuta.

Umurambo w’Umupolisi witwa PC Sibomana Simeon wakoreraga kuri Sitasiyo ya Rusizi, wabonetse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 12 Gicurasi, ku muhanda mu Kagari ka Karenge ku Murenge wa Rwimbogo.

Ni inkuru yababaje benshi barimo n’abaturage bo muri uyu Murenge, babajwe no kuba uyu wari umwe mu babacungira umutekano, yishwe n’abagizi ba nabi.

Inzego zishinzwe iperereza, zahise ziritangira, biza gutuma ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 16 Gicurasi, ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bata muri yombi abantu batatu barimo umwarimu, bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gicurasi 2023, abaturage bo mu Murenge wa Rwimbogo wabonetsemo umurambo w’uyu Mupolisi, bagiye mu Nteko yabo ari benshi, kuko bari bumvise amakuru ko bari bwerekwe abakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

Bamwe mu bari baje muri iyi Nteko y’Abaturage, babwiye RADIOTV10 ko bashenguwe n’urupfu rwa nyakwigendera, bavugaga ko bari bafite amatsiko yo kureba abo bita ‘inkozi z’ibibi’ (baracyari abere kuko batarahamwa n’ibyaha bakekwaho), ariko ko bababajwe no kuba batashye batababonye kuko bifuzaga kubareba amaso ku maso ngo babanenge.

Aba baturage barimo abavugaga ko bigomwe imirimo yabo kugira ngo baze kureba abo bantu bishe Umupolisi, batashye bijujuta.

Gusa umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, ubwo yaganirizaga aba baturage, yababwiye ko kwerekwa abo bantu bakekwaho uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera “atari yo ntego y’inama.”

Aba baturage batashye bavuga ko nubwo bateretswe abo bakekwaho ubwo bugizi bwa nabi, basaba ko nibabihamywa, bazahabwa igihano kibakwiye.

Batashye batanyuzwe kuko bateretswe abo bantu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Habaye ikintu gishimangira ko irushanwa rya Basketaball rigiye kubera mu Rwanda ryihebewe bidasanzwe

Next Post

Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

Related Posts

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

IZIHERUKA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru
AMAHANGA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

Hari abahinzi bari kurira ayo kwarika kubera icyorezo cy’imyaka cyaburiwe umuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.