Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Isomo ry’urukundo ryumvikana mu gisobanuro cya album y’umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Isomo ry’urukundo ryumvikana mu gisobanuro cya album y’umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Byusa Nelson Byangabo uzwi nka Nel Ngabo uherutse gushyira hanze album ye ya gatatu yise ‘Love Life Light’ yumvikanamo imbaraga z’urukundo n’ubuzima, yavuze ko yifuje guhuza ibi byombi kuko ntagishobora gusiga ikindi.

Umuntu agenekereje iri zina ‘Love Life Light’ risobanura, Urukundo Ubuzima n’Urumuri. Ni amagambo yumvikana nk’azimije ariko asobanuye byinshi.

Nel Ngabo usanzwe abarizwa mu nzu ifasha abahanzi izwi nka Kina Music, mu kiganiro yagiranye na Radio 10, yagarutse ku magambo agize iri zina rya Album ye, avuga ko urukundo n’ubuzima ari ibintu bisobekeranye ku buryo ntawapfa kubitandukanya.

Ati “Hatariho ubuzima ntihabago urukundo. Habanza ubuzima hagakurikiraho urukundo, nyuma hakaza umucyo nk’igisobanuro cy’umuntu uri ku Isi.”

Ni Album igizwe n’indirimbo 13 harimo izo yakoranye n’abahanzi batandukanye basanzwe bafite amazina akomeye muri muzika nyarwanda, nka P FLA, Sintex na Ruti Joel.

Avuga ko nko kuri Sintex, yakuze ari umufana we, naho P FLA, akaba ari umwe mu baraperi b’abahanga bo mu Rwanda, kandi ko yifuzaga kuvanga n’injyana ya RnB asanzwe akora.

Ati “Sinkunda ko naba imbata y’injyana imwe. Naho Ruti Joel we ni inshuti yanjye bitari ibya muzika ahubwo mu buzima busanzwe.”

Nel Ngabo avuga ko ubwo bakoraga indirimbo zizajya kuri iyi album, bari bazikoze ari 20 ariko bagahitamo ko hasohoka 13.

Ati “Izindi turazireka wenda zizaza kuri album ya kane cyangwa iya gatanu, gusa umwihariko w’iyi ya gatatu ni Album izatuma ngera ku ruhando mpuzamahanga nifuza kugeraho, mu gihe Album ya mbere n’iya kabiri byasaga naho binyerekeyeho cyane.”

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Next Post

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze
MU RWANDA

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.