Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitabiriye irahira ry’Umukuru w’Igihugu wa Nigeria mushya, Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye irahira rya Bola Ahmed Tinubu, ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Gicurasi 2023, ryabereye ahitwa Eagles Square mu murwa Mukuru w’iki Gihugu cya Nigeria, i Abuja.

Uyu muhango kandi wari urimo Muhammadu Buhari wayoboraga Nigeria, akaba akorewe mu ngata n’uyu mukambwe Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 y’amavuko.

Bola Ahmed Tinubu watorewe kuyobora iki Gihugu kiri mu bya mbere bifite ubukungu bukomeye muri Afurika, yasezeranyije ko azakomeza kuzamura ubukungu bw’iki Gihugu, abanje kwihutira gukura mu nzira ibibazo bibyugarije.

Mu ijambo rye, amaze kurahira kandi, yashimiye abamushyigikiye n’abataramushyigikiye, abasaba kuzakorera hamwe nk’abakorera Igihugu cyabo.

Yagize ati “Abataranshyigikiye, ndabasaba kutazantererana muri iki gihe twinjiyemo cyo gukora ibishoboka ngo tuzamure iterambere ry’Igihugu, tubikesha gukorera hamwe.”

Bola Tinubu, warahiriye kuyobora Nigeria, wari umukandinda w’ishyaka, All Progressive Congress (APC), ryari risanzwe ku butegetsi, yatorewe kuyobora iki Gihugu, ku majwi angana Miliyoni 8.8 y’abaturage, mu gihe uwaje amukurikiye ari Atiku Abubakar wo mu ishyaka rya Peoples Democratic Party (PDP), we wagize amajwi Miliyoni 6.9.

Perezida Kagame aramukanya na Buhari warangije manda ze muri Nigeria
Perezida mushya wa Nigeria na Madamu
Buhari yamwifurije ishya n’ihirwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 11 =

Previous Post

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

Next Post

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.