Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, yasabye bagenzi be bo mu Bihugu bya Afurika kumva ko bakwiriye guca ikoreshwa ry’idolari kuri uyu Mugabane, mu gihe inzego z’ubukungu z’u Rwanda zo zeherutse kugaragaza ko guca iri faranga biri kure.

Ruto yavuze ko ikoreshwa ry’idolari rikwiye gusimbuzwa uburyo buzwi nka Pan-African Payment and Settlement System bwo kwishyurana bwashyizweho muri 2022.

Ibi yabigarutseho mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yari yitabiriye inama yiga ku Isoko Rusange rya Afrika, yabereye i Nairobi muri Kenya.

Perezida Ruto yavuze ko Abanyafurika bakigorwa no kwishyurana hagati yabo bitewe n’imikorere itanoze, ashimangira ko bakwiye kugira uburyo bwabo bwo kwishyurana, ariko idolari rikava mu nzira.

Gusa inzego z’ubukungu bwo mu Rwanda, zibibona ukundi. Banki Nkuru y’Igihugu iherutse kuvuga ko idateganya kureka iri dorali, kuko rikoreshwa n’abafatanyabikorwa benshi b’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aherutse kuvuga ko hari Ibihugu byavuze ko bigiye guca idolari.

Icyo gihe yari yagize ati “Tubona mu binyamakuru bavuga ko ibihugu bya Brazi, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo biri hafi kuzana ifaranga rikoreshwa mu bucuruzi mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi, bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana.

Ati “Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ubushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, kandi abo bose baracyakoresha idorali. Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga.”

Yakomeje avuga ko Isoko rusange Nyafurika hari icyo rishobora kuzakora kuri iyi ngingo ario ko n’ubundi bisaba imbaraga nyinshi.

Ati “Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibihugu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko kandi haracyari urugendo rurerure ku buryo navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Mu gihe ibihugu bya Afurika byakwemeranya guca ikoreshwa by’idorali, byaba byiyunze ku bindi Bihugu byafashe icyemezo nk’iki birimo u Bushinwa, u Burusiya, Brazil, u Buhinde, na Afurika y’Epfo, byibumbiye mu muryango byise BRICS.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi y’u Burusiya yahishuye amakuru mashya ku mushinga uremereye uzakorerwa i Burundi

Next Post

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk'agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.