Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, wagaragaye mushusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yatumye afungwa akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, ubu akaba yarafunguwe by’agateganyo, bwa mbere yabivuzeho birambuye, anagaruka ku cyo avuga ko cyari kibyihishe inyuma.

Edouard Murindababisha wahoze ari Data Manager (ushinzwe kubika amakuru mu ikoranabuhanga) w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi mu ntangiro za Mata 2023, nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, amugaragaza ari mu kabari ameze nk’uri gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa wari umwicayeho.

Yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, gihanwa n’ingingo ya 143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).”

Mu cyumweru gishize, tariki 22 Gicurasi 2023, uyu mugabo yarekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuburanishije mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo yari yafatiwe cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma yo gufungurwa, yaganiriye n’ikinyamakuru Umuseke, akibwira impamvu zatumye afungurwa, ari uko Urukiko rwasanze amashusho yari yashingiweho aregwa, atari ay’umwimerere.

Yavuze ko Ubushinjacyaha butabashije kugaragaza umukobwa wagaragaye mu mashusho bameze nk’abari gusambana, ndetse n’uwayafashe, n’uwayatangaje bwa mbere, bituma Urukiko rutesha agaciro iriya Videwo yasakaye.

Nanone kandi ngo umutangabuhamya washinjaga uregwa, yavuze ko atari yibereye ahafatiwe ariya mashusho yari nk’ikimenyetso cy’ibanze cyatumye uyu mugabo ajyanwa mu nkiko.

Murindababisha wumvikana nk’uhakana ko ibyagaragaye muri ariya mashusho bitabayeho, yavuze ko iriya videwo yakorewe amakabyankuru, hagamijwe kumuharabika.

Avuga ko byari umugambi w’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibaze mu Karere ka Musanze washatse kumuvutsa amahirwe y’isoko yari yatsindiye.

Yagize ati “Byose niho byagiye bituruka kuko na wa munsi bamfashe tariki ya 6 (Mata), nari mfite kujya kubahugura tariki ya 8. Bakoze ibishoboka byose bamfata mbere y’uko njyayo.”

Avuga ko ariya mashusho yafatiwe mu kabari gaherereye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ubwo yari agiye gushaka ifunguro muri resitora mu mujyi rwagati, ariko agasanga ritaboneka, ari bwo yahise ajya muri kariya kabari kureba ko yabona icyo kurya.

Uyu mugabo avuga ko adasanzwe anywa n’inzoga, ndetse ko no muri ako kabari atari yagiyemo kunywa ahubwo ko yari yagiye kuhafatira ifunguro, ubundi akanaka icyo kurimanuza, ku buryo akeka ko hari icyo bamuvangiyemo.

Mu mvugo idatomora niba yemera ibigaragara muri ariya mashusho byarabayeho cyangwa bitarabayeho, yagize ati “Kuvuga ngo sibyo bisa nk’aho biba bigoranye. Niba umuntu agiye ahantu agiye kurya, warangiza kurya, wakwaka akantu ko kurenza ku biryo, wibaza niba batarashyizemo ibindi bintu.”

Edouard Murindababisha avuga ko ibyamubayeho byose hari abari babyihishe inyuma, ndetse ko n’amashusho yasakaye atari ay’ukuri, agasaba abantu kujya bitondera ayo babonye yose, ahubwo bagashyiramo inyurabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + five =

Previous Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Next Post

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’
MU RWANDA

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.