Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, wagaragaye mushusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yatumye afungwa akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, ubu akaba yarafunguwe by’agateganyo, bwa mbere yabivuzeho birambuye, anagaruka ku cyo avuga ko cyari kibyihishe inyuma.

Edouard Murindababisha wahoze ari Data Manager (ushinzwe kubika amakuru mu ikoranabuhanga) w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi mu ntangiro za Mata 2023, nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, amugaragaza ari mu kabari ameze nk’uri gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa wari umwicayeho.

Yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, gihanwa n’ingingo ya 143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).”

Mu cyumweru gishize, tariki 22 Gicurasi 2023, uyu mugabo yarekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuburanishije mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo yari yafatiwe cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma yo gufungurwa, yaganiriye n’ikinyamakuru Umuseke, akibwira impamvu zatumye afungurwa, ari uko Urukiko rwasanze amashusho yari yashingiweho aregwa, atari ay’umwimerere.

Yavuze ko Ubushinjacyaha butabashije kugaragaza umukobwa wagaragaye mu mashusho bameze nk’abari gusambana, ndetse n’uwayafashe, n’uwayatangaje bwa mbere, bituma Urukiko rutesha agaciro iriya Videwo yasakaye.

Nanone kandi ngo umutangabuhamya washinjaga uregwa, yavuze ko atari yibereye ahafatiwe ariya mashusho yari nk’ikimenyetso cy’ibanze cyatumye uyu mugabo ajyanwa mu nkiko.

Murindababisha wumvikana nk’uhakana ko ibyagaragaye muri ariya mashusho bitabayeho, yavuze ko iriya videwo yakorewe amakabyankuru, hagamijwe kumuharabika.

Avuga ko byari umugambi w’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibaze mu Karere ka Musanze washatse kumuvutsa amahirwe y’isoko yari yatsindiye.

Yagize ati “Byose niho byagiye bituruka kuko na wa munsi bamfashe tariki ya 6 (Mata), nari mfite kujya kubahugura tariki ya 8. Bakoze ibishoboka byose bamfata mbere y’uko njyayo.”

Avuga ko ariya mashusho yafatiwe mu kabari gaherereye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ubwo yari agiye gushaka ifunguro muri resitora mu mujyi rwagati, ariko agasanga ritaboneka, ari bwo yahise ajya muri kariya kabari kureba ko yabona icyo kurya.

Uyu mugabo avuga ko adasanzwe anywa n’inzoga, ndetse ko no muri ako kabari atari yagiyemo kunywa ahubwo ko yari yagiye kuhafatira ifunguro, ubundi akanaka icyo kurimanuza, ku buryo akeka ko hari icyo bamuvangiyemo.

Mu mvugo idatomora niba yemera ibigaragara muri ariya mashusho byarabayeho cyangwa bitarabayeho, yagize ati “Kuvuga ngo sibyo bisa nk’aho biba bigoranye. Niba umuntu agiye ahantu agiye kurya, warangiza kurya, wakwaka akantu ko kurenza ku biryo, wibaza niba batarashyizemo ibindi bintu.”

Edouard Murindababisha avuga ko ibyamubayeho byose hari abari babyihishe inyuma, ndetse ko n’amashusho yasakaye atari ay’ukuri, agasaba abantu kujya bitondera ayo babonye yose, ahubwo bagashyiramo inyurabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + thirteen =

Previous Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Next Post

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.