Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abanyamakuru bazobereye iby’umupira mu Rwanda bagaragaje ingingo yihariye mu byaranze Shampiyona

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana
Share on FacebookShare on Twitter

Iyo umwaka w’imikino utangiye, hari abakinnyi baba bahanzwe amaso na benshi bitewe n’ubuhanga baba bazwiho, gusa hari n’abatagira ibidasanzwe bagaragaza, bigatuma icyizere bari bafitiwe gitakara. Dore 11 batengushye benshi bari bitezeho ibitangaza muri uyu mwaka w’imikino mu Rwanda.

Aba bakinnyi bagarutsweho kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro 10 Sports (urukiko), gitambuka kuri Radio 10, gisanzwe gikorwa n’abanyamakuru bazobereye mu by’umupira w’amaguru n’indi mikino.

 

Dore abakinnyi 11 bakwiye kwibazwaho:

Umunyezamu

MVUYEKURE Emery (POLICE FC)

Uyu munyezamu yaje muri Police FC avuye muri Kenya mu ikipe ya AFC Leopard, byari byitezwe ko ari we munyezamu wa mbere ariko uyu mwaka w’imikino yabanje mu imikino itarenze itatu (3) gusa.

 

Ba myugairo

Mackenzi (Gasogi), SALI BOUBAKAR (AS Kigali), Satulo (AS Kigali), Abouba SIBOMANA (POLICE FC)

Aba ba myugariro harimo 2 ba AS Kigali, aribo SALI na SATULO. Ni abakinnyi AS Kigali yaguze ngo bakemure ikibazo cyo mu mutima w’ubwugarizi, ariko umwaka urangiye nta mukino bakiniye iyi kipe.

Mackenzi na Abouba bakiniye Amakipe akomeye hano mu Rwanda, ariko mu makipe yabo uyu mwaka ubuzima ntibwagenze neza muri shampiyona.

 

Mu kibuga hagati

Migi (Police FC): Umukinnyi w’umunyarwanda waguzwe na Police FC avuye muri Tanzania ariko uyu mwaka awusoje akinnye imikino 4 gusa abanjemo.

Mbilizi Eric (Rayon Sports): Umukinnyi wavuye i Burundi aza mu ikipe ya Rayon Sports. Uyu mwaka w’imikino utangira yarakinaga, niwe watsinze igitego cya Rayon Sports gifugura uyu mwaka w’imikino, ariko uko iminsi yagiye ihita urwego rwe rwaragabanutse.

Mutyaba (Kiyovu Sports): Uyu ni Umukinnyi w’Umugande wasinyishijwe na Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino ushize anabafasha iyi kipe, ariko uyu mwaka awusoje akinnye imikino itarenze 2 abanjemo.

 

Ba rutahizamu

Camara (Rayon Sports): Akomoka muri Mali, yasinyishijwe na Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino ariko awusoje atsindiye Rayon Sports ibitego 2 gusa

Paul Were (Rayon Sports): Akomoka muri Kenya, yaje muri Rayon Sports, afite ibiro byinshi, ariko bigaragara ko azafasha ikipe ya Rayon Sports. Kubera ukudahozaho no kutitwara neza, byatumye ikipe ya Rayon Sports, isinyisha Ojera mu mikino yo kwishyura.

Man Yakre (AS Kigali): Ni rutahizamu ukomoka muri Cameroon, waje muri AS Kigali, bamurwanira na Rayon Sports, ariko uyu mwaka urangiye AS Kigali itsindirwa na Tchabarara gusa.

 

Abasimbura:

KABWIRI, ODHIAMBO, NKUBANA, MUVANDIMWE JMV, AMZA, RUGWIRO HERVE, NISHIMWE BLAISE, MASTER, DJABEL, MUGHENI, KHAMISS BIZIMANA, MUGUNGA, TRAORE BOUBAKAR, DOMINIC ANTOINE, KORMISHIN, DJUMA NIZEYIMANA.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + one =

Previous Post

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Next Post

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.