Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda nk’Igihugu kigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, rwemeye gutanga inkunga y’amafaranga mu kigega cy’uyu Muryango cyo gushyigikira ibikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo. Guverinoma y’u Rwanda yavuze icyatumye yemera gutanga iyi nkunga.

U Rwanda rwemeye gutanga iyi nkunga nyuma y’uko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byatanze ayo mafaranga.

Aya makuru yatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC iherutse guteranira i Burundi.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu nka Uganda, Tanzania ndetse na Kenya, zatanze miliyoni 1 USD, kuri buri Gihugu, ari na bwo yavuze ko “Na Repubulika y’u Rwanda yemeye gutanga uruhare rwayo muri ibi bikorwa.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze impamvu u Rwanda na rwo rwaremeye gutanga inkunga yarwo muri ibi bikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rwashimye iyi gahunda ndetse rwemera kuyishyigikira, ariko umusanzu uzatangwa ntabwo uremezwa.”

Iyi nkunga iri kunyuza muri gahunda yo gufasha ibikorwa by’amahoro mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izwi nka EAC Peace Facility, yanatanzwe kandi n’Ibihugu by’inshuti za EAC, Angola ndetse na Senegal; nk’uko byemejwe na Dr Peter Mathuki muri iruya nama idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’Ingabo zihuriweho z’Ibihugu bya EAC zigize itsinda rya EACRF zanongerewe manda yazo, ikazageza muri Nzeri uyu mwaka.

U Rwanda rwaheejwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ubu butumwa bw’Ingabo, rwakunze kugaragaza kenshi ko rwifuza ko iki Gihugu cyo mu burengerazuba bwarwo, cyabona amahoro, kuko nta kiza cyo kuba umuturanyi warwo yabaho adatekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 1 =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Next Post

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.