• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda nk’Igihugu kigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, rwemeye gutanga inkunga y’amafaranga mu kigega cy’uyu Muryango cyo gushyigikira ibikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo. Guverinoma y’u Rwanda yavuze icyatumye yemera gutanga iyi nkunga.

U Rwanda rwemeye gutanga iyi nkunga nyuma y’uko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byatanze ayo mafaranga.

Aya makuru yatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC iherutse guteranira i Burundi.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu nka Uganda, Tanzania ndetse na Kenya, zatanze miliyoni 1 USD, kuri buri Gihugu, ari na bwo yavuze ko “Na Repubulika y’u Rwanda yemeye gutanga uruhare rwayo muri ibi bikorwa.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze impamvu u Rwanda na rwo rwaremeye gutanga inkunga yarwo muri ibi bikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rwashimye iyi gahunda ndetse rwemera kuyishyigikira, ariko umusanzu uzatangwa ntabwo uremezwa.”

Iyi nkunga iri kunyuza muri gahunda yo gufasha ibikorwa by’amahoro mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izwi nka EAC Peace Facility, yanatanzwe kandi n’Ibihugu by’inshuti za EAC, Angola ndetse na Senegal; nk’uko byemejwe na Dr Peter Mathuki muri iruya nama idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’Ingabo zihuriweho z’Ibihugu bya EAC zigize itsinda rya EACRF zanongerewe manda yazo, ikazageza muri Nzeri uyu mwaka.

U Rwanda rwaheejwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ubu butumwa bw’Ingabo, rwakunze kugaragaza kenshi ko rwifuza ko iki Gihugu cyo mu burengerazuba bwarwo, cyabona amahoro, kuko nta kiza cyo kuba umuturanyi warwo yabaho adatekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + nine =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Next Post

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.