Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

KIGALI: Abakanishi ntibumva uburyo babuzwa gukora akazi bazira icyangombwa cy’urukingo rwa COVID-19

radiotv10by radiotv10
10/08/2021
in Uncategorized
0
KIGALI: Abakanishi ntibumva uburyo babuzwa gukora akazi bazira icyangombwa cy’urukingo rwa COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga w’ubukanishi bibumbiye muri koperative “Icyerekezo”  ihereye mu murenge wa Gatsata mu mujyi wa Kigali, barinubira ko babuzwa kwinjira mu kazi batabanje kwerekana icyemezo cyuko bakingiwe COVID-19.

Aba bavuga ko iki cyemzo gituma hari abamara iminsi badakora kubera ko bajya aho bakingirirwa bakahasanga abantu benshi bigatuma bataha badakingiwe.

Ubuyobozi bwa Koperative buvuga ko nta bundi buryo bwari gukoreshwa ngo abanyamuryango bikingize.

Muri gahunda, buri umukozi wese ugeze kuri buri rwinjiriro abanza kwerekana icyemezo cy’uko yakingiwe, utagifite asubizwayo nta bisobanuro bindi atanze.

Mu majwi ya bamwe muri aba bakanishi bakorera muri iri garaje,  barinuba bavuga ko batumva impamvu inzego za leta zivuga ko kwikingiza ari ubushkae, ariko bo bakaba babihatirwa kugeza n’ubwo bimwa uburenganzira bwo gushaka umugati.

Uwitwa Singirankabo yagize ati ” Mperuka kwikingiza leta ivuga ko ari ubushake ariko se ubu nibwo bushake bavuga? ubu se ntitwabihatiwe?”

Image

Abakorera mu igaraje riri mu Gatsata ntabwo bumva icyemezo cyabafatiwe 

Aba bavuga ko ikibabaza ngo ari uko babwiwe umunsi umwe ko bajya kwikingiza ngo ariko bugacya byabaye itegeko kubera ubwinshi bw’abantu baba bari kuri site bikingirizaho hari abamaze kujyayo inshuro ebyiri bagataha badakingiwe.

Ibi kandi bikajyana n’uko uwo munsi badakora kuko ntawakwinjira atikinjie, bagasanga ari uguhonyora uburenganzira bwabo.

Agaragaza uburyo bashaka kwikingiza akabura uko akingirwa kubera ubwinshi bw’abantu, Kamana Jean de Dieu yagize ati “Maze iminsi ibiri njya kwikingiza nkahasanga abantu benshi bigatuma ntakingirwa, ubwo kandi niko ntanajya mu kazi kuko sinabona icyangombwa cy’uko nikingije”

Aba basaba ko hajya hatangwa igihe gihagije, abantu bakajya basimburana ku buryo badasabwa kugendera rimwe bigatuma hari abamara iminsi badakora kubera ko batagezweho. Twabajije umuyobozi w’iyi koperaive”Icyerekezo” witwa Mousa impamvu bashyizeho itegeko ryo kwikingiza n’icyo avuga kuri izi mbogamizi z’abanyamuryango ayoboye, asubiza ko nta bundi buryo bwari buhari bwatuma abakorera muri iri garaje bajya kwikingiza, kandi ngo babonaga bamwe baseta ibirenge.

“Twabamenyesheje  kuva ku wa Gatanu ko bagomba kwikingiza, ariko kugeza uyu munsi hari abari batarajyayo, nta bundi buryo rero bundi twarigukoresha ngo bajyeyo uretse gusaba buri wese kujya za mu kazi abanje kwerekana ko yikingije, kandi barikubyitabira cyane.”

Image

Abakorera mu igaraje ryo mu Gatsata bari muri koperative “Icyerecyezo”  bavuga ko gukingirwa babigerageje ariko bamawe babura aho batoborera kubera ubwinshi bw’abantu bashaka iyi serivisi

Yaba mu magambo no mu nyandiko bituruka muri Minisiteri y’ubuzima, bigaragara ko kwikingiza ari ubushake bwa buri muturage, icyakora ngo ku wutabyumva neza, afite uburenganzira bwo kubanza gusobanurirwa  impamvu n’akamaro kabyo bityo akabona kwikingiza abikuye ku mutima.

Ku rundi ruhande, aba bakanishi bo bavuga ko nabo bazi akamaro ko kwingiza ariko  ubushake buvugwa ntibabwumva mu gihe babuzwa gushaka umugati bakajyayo ku gahato.

Image

Abadafite icyemeza ko bikingije COVID-19 Ntago bemererwa kwinjira mu igaraje

Minisiteri y’ubuzima ntiragira icyo ivuga ku kuba ibi by’abangirwa kwinjira mu kazi badafite icyemezo cyo gukingirwa bitaba ari rya tegeko yacishijemo akarongo gatukura mu mabwiriza agenda ikingira.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − five =

Previous Post

Indwara ya Marburg yagaragaye ku muntu wa mbere muri Guinea

Next Post

MUHANGA: Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA:  Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

MUHANGA: Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.