• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye, yagize icyo avuga kuri Fulgence Kayishema uri mu Banyarwanda bashyiriweho miliyoni 5$ ku bazatanga amakuru yatuma bafatwa, akaba aherutse gufatwa, anavuga ko iki Gihugu cye cyiteguye gutanga aya mafaranga ku bazatanga amakuru yatuma hafatwa abandi Banyarwanda batatu basigaye bashakishwa.

Kayishema Furgence yafashwe mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 24 Gicurasi 2023, afatirwa mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo, ubu akaba yaranatangiye kuburanishwa n’ubutabera bw’iki Gihugu bumukurikiranyeho ibyaha bishingiye ku manyanga yakoze mu buryo bwo kwihishahisha.

Uyu Munyarwanda uri mu baza ku isonga bashakishwaga bidasanzwe kubera uruhare runini bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yageze muri Afurika y’Epfo, yarabanje kunyura mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzania, Mozambique na Eswatini.

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano, Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda muri uyu Muryango, yashimye ibi Bihugu kuko ari na byo byatumye Kayishema atabwa muri yombi.

Yagize ati “Turashimira imikoranire y’inzego zishinzwe umutekano zo mu Bihugu bya Afurika y’Epfo, Mozambique, Eswatini, ndetse n’Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire yatumye Fulgence Kayishema, wari umaze imyaka 22 yihishahisha, atabwa muri yombi. Turashima cyane uruhare Afurika y’Epfo yagize muri iki gikorwa.”

Amb. Gatete yibukije ko u Rwanda n’Abanyarwanda banyuze mu makuba adasanzwe ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bakaba bakomeje kwiyubaka no gutera imbere, ariko ikibabaje ari ukuba hari abakekwaho kuyigiramo uruhare bataragezwa imbere y’ubutabera.

Ati “Kuba hakiri abakekwaho icyaha cya Jenoside bakidegembya, bagakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside; bikoma mu nkokora icyizere cyo kwimakaza amahoro muri sosiyete. Twizeye ko mudufasha gushyira mu bikorwa imvugo ya ‘Ntibizongere Ukundi’.”

Uwari uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri iyi Nteko, yavuze ko kuba uriya Munyarwanda Kayishema agiye kuburanishwa, bitanga ihumure ku barokotse Jenoside yakorewe Abautsi.

Yagize ati “Nubwo yafashwe ntibishobora kugarura ibyo yangije mu kwezi kwa Mata 1994 i Kivumu, ariko twizeye ko bizaruhura ababuze ababo, bikabereka ko ubutabera bw’ababo bakundaga buzakomeza gutangwa.”

Yakomeje avuga kandi ko “Twiteguye guhemba miliyoni eshanu z’amadorali umuntu wese uzatanga amakuru ku bantu batatu basigaye bashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga. Itabwa muri yombi rya Kayishema ni ubutumwa ku bandi baregwa ibyaha nk’ibye ko ubutabera buzabaryoza ibyo bakoze.”

Umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz ubwo yagarukaga ku byaha bizaburanishwa Kayishema, yagize ati “akurikiranywe icyaha cyo kwica inzirakarengane z’abagore, abagabo, abana n’abageze mu zabukuru bangana n’ibihumbi bibiri bari muri kiliziya ya Nyange mu Rwanda.”

Serge Brammertz agaruka ku bugome ndengakamere bwaranze Kayishema, yagize ati “Akekwaho ko yabanje kugerageza kubatwikira muri iyo kiliziya, bimaze kwanga, ni bwo yategetse ko imashini isenya igisenge cy’iyo nyubako, hanyuma bica abari bayirimo bagihumeka.”

Umucamanza Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Judge Graciela Gatti Santana yavuze ko Kayishema azaburanishwa n’inkiko zo mu Rwanda, kandi ko yizeye ko urubanza aregwamo ruzagenda neza, kuko ubutabera bw’u Rwanda bufite ububasha n’ubushobozi bwo kuburanisha ibyaha mpuzamahanga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Next Post

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.