• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatunguranye amakuru y’abakinnyi bagiye gukinira ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatunguranye amakuru y’abakinnyi bagiye gukinira ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Hugo Lloris w’imyaka 36, na Raphaël Varane w’imyaka 30, byitezwe ko bazagaragara mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa izitabira irushanwa ry’imikino Olympique ya 2024, mu gihe bari baherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu.

Nubwo aba bakinnyi bari barasezeye mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa nyuma y’igikombe cy’Isi cya 2022, Hugo Lloris, umunyezamu wa Tottenham Hotspur, ndetse na Raphaël Varane, Myugariro wa Manchester United, biravugwa ko, kuri iyi nshuro, bashobora kongera kugaragara mu myenda y’ubururu, bakinira yambarwa n’ikipe y’Igihugu cyabo.

Amategeko y’imikino Olympique avuga ko umukinnyi wese, uri munsi y’imyaka 23, yakina muri iri rushanwa, ariko hakiyongeraho ko buri Gihugu gishobora guhamagara nibura abakinnyi 3 bafite cyangwa barengeje imyaka 23.

Rutahizamu wa Paris Saint Germain n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Kylian Lottin Mbappe, w’imyaka 24, ni we mukinnyi uri kuvugwa cyane mu bazitabira imikino Olympique ya 2024 izabera i Paris mu Bufaransa.

Iyi mikino iba mu mpeshyi ntiba iri ku ngengabihe ya FIFA, ikaba iteganyijwe kuba hagati y’imikino y’igikombe cy’u Burayi cya 2024 izabera mu Budage n’intangiriro z’umwaka w’imikino wa 2024-2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ‘L’équipe’, aravuga ko Hugo Lloris ashaka kugaragara muri iri rushanwa kandi ko yaboneka igihe cyose u Bufaransa bwakenera Umunyezamu bukamuhamagara kandi ko na Raphaël Varane na we ashobora kuba yakwishimira guhamagarwa muri iyi mikino Olympique ya 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Next Post

Rubavu: Umwe mu biyise ‘Abuzukuru ba Shitani’ ibye ntibyamuramukiye neza

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rubavu: Umwe mu biyise ‘Abuzukuru ba Shitani’ ibye ntibyamuramukiye neza

Rubavu: Umwe mu biyise 'Abuzukuru ba Shitani' ibye ntibyamuramukiye neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.