Tuesday, June 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda) riravuga ko ritazaterera agati mu ryinyo nyuma y’uko ribanje kwangirwa gukorera inama muri imwe muri hoteli yo mu Karere ka Kayonza, ahubwo ko rigiye kuzamura iki kibazo mu nzego zo hejuru.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 17 Kamena, ubwo iri shyaka ryajyaga gukorera inteko rusange y’urubyiruko muri Hoteli ya MIDLAND iherereye mu Murenge wa Mukarange.

Ubuyobozi bw’Iyi Hoteli, bwabanje kwangira iri shyaka kuhakorera inama, ngo kuko bwari buzi ko atari ishyaka ahubwo ko bwari buzi ko ari ikigo cy’ubucuruzi.

Bamwe mu barwanashyaka ba Green Party of Rwanda, bari bitabiriye iyi Nteko rusange, bavuga ko bababajwe n’ibi bakorewe, bo babona ko ari ikibazo kiri muri bamwe, batarumva akamaro k’amashyaka.

Umwe ati “Ni ikintu tutakira neza kuko ubona ko hakiri ikibazo ko bamwe mu bayobozi batarabasha gusobanukirwa imikorere n’umumaro w’amashyaka.”

Umuyobozi ushinzwe imicungire y’iyi Hoteli, Robert Nkubiri yahakanye ko iri shyaka ritabujijwe kuhakorera inama kuko ari umutwe wa Politiki, ahubwo ko hari indi mpamvu.

Ati “Icyabayeho ni ugutinda kumvikana kuri ibyo biciro, ntakindi. Kwanga ntabwo byabayeho.”

Umuyobozi w’uyu Mutwe wa Politiki, Dr Frank Habineza, yavuze ko iyi myitwarire bagaragarijwe n’iyi hoteli, itagomba kurangirira aho, kuko iki kibazo kibaye ubugirakabiri muri aka Karere, ndetse no muri uyu Murenge wa Mukarange.

Ati “N’umwaka ushize mu kwezi kwa karindwi byarabaye muri aka Karere muri uyu Murenge wa Mukarange, n’ubundi bari batubujije gukora, bisaba ko Umuyobozi w’Akarere abijyamo. […] ni ibintu tugomba kwigaho noneho, ntabwo ari ibintu tugiye kureka, tugiye kubikurikirana mu nzego zo hejuru z’Igihugu.”

Dr Frank avuga ko bibabaje kubona bahora bavuga ko Demokarasi iri gutera imbere mu Rwanda, ariko bakaba bagihura n’ibibazo nk’ibi, ku buryo bidakwiye kwirengagizwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 2 =

Previous Post

Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

by radiotv10
10/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye icyemezo iherutse gutangaza cyo kuva mu Muryango w'Ubukungu w'Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (ECCAS), itangaza...

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho
IMYIDAGADURO

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

by radiotv10
10/06/2025
0

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

10/06/2025
Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

10/06/2025
Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

09/06/2025
Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.