Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari intambwe yatewe mu bujurire ku cyemezo kuri Kabuga cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hari intambwe yatewe mu bujurire ku cyemezo kuri Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha, rwatangaje ko rwamaze kwakira ubujurire bw’Ubushinjacyaha ku cyemezo giherutse gufatwa mu rubanza ruburanishwamo Kabuga Felicien ko adafite ubushobozi bwo kuburana.

Iki cyemezo kitakiriwe neza n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kubera uruhare rukomeye rukekwa kuri Kabuga, cyafashwe mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 06 Kamena 2023.

Uru Rukiko rwavugaga ko hakurikijwe raporo y’impuguke, uyu musaza Kabuga Felicien ngo adafite ubushobozi bwo kuba yakurikirana iburanishwa rye, ngo kubera ibibazo by’ubuzima bikomeye afite.

Gusa Ubushinjacyaha bw’uru Rwego, bwari buherutse gutangaza ko kiriya cyemezo atari ‘ntakorwaho’ ahubwo ko bagiye kukijuririra.

Umushinjacyaha Mukuru w’uru rwego, Serge Brammertz, tariki 12 Kamena 2023, ubwo yari mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yari yagize ati “Uriya mwanzuro ntabwo ari uwa nyuma. Ushobora kujuririrwa. Icyo nababwira ni uko Ubushinjacyaha buri gukora ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rwa Kabuga rurangizwe, ariko tunareba ku burenganzira bw’uregwa.”

Ku munsi wakurikiye iri jambo, ni bwo ubushinjacyaha bwatanze ubujurire. Ibyo byaje bisubiza impungenge z’u Rwanda kuri uwo mwanzuro.

Ambasaderi Claver Gatete uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, na we wari muri iyi Nteko, yari yagarutse ku butabera bwo kuburanisha bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bukomeza kudindizwa n’Ibihugu baherereyemo.

Yari yagize ati “Ibyo ntibikerereza itangwa ry’ubutabera gusa, ahubwo bituma n’abakekwaho ibyaha badakurikiranwa. Ikintu giheruka gishimangira ibyo; ni icyemezo cy’Urukiko cyemeje ko Felicien Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana. Ni umwanzuro ubabaje cyane kubarokotse, abishwe, ndetse no kubanyarwanda bose.”

Uyu mukamwe w’imyaka 88 y’amavuko; Urukiko rwari rwanzuye ko ruzashaka ubundi buryo bwo kumuburanisha ariko hatagambiriwe kumuhamya icyaha.

Icyo cyemezo cyaje gishingiye kuri raporo y’abaganga b’indwara zo mu mutwe, cyafashwe n’Abacamanza batatu muri bane bari bayoboye iburanisha.

Uwitwa Mustapha El Baaj yitandukanije n’icyemezo cya bagenzi be barimo Iain Bonomy ukuriye iburanisha, Margaret M. deGuzman na Ivo Nelson de Caires Batista Rosa.

Ibihugu birimo n’ibikomeye ku isi byakomeje gusaba ko ubutabera bwarushaho gukora inshingano za bwo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + three =

Previous Post

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Next Post

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.