• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza, rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, idakurikije amategeko, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nubwo iki cyemezo ari icy’Urukiko rugendera ku mategeko mu Bwongereza, ariko ibyo kuvuga ko iki Gihugu kidatekanye byo, bihabanye n’ukuri.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, n’Urukiko rw’Ubujurire rw’i London, rwavuze ko “u Rwanda si Igihugu cya gatatu [gikwiye koherezwamo abahunze Ibihugu byabo] gitekanye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko “nubwo twubaha icyemezo cy’Ubucamanza bw’u Bwongereza, ariko ntitwemeranya ibyo kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku bimukira n’impunzi.”

Yolande Makolo yakomeje agira ati “U Rwanda ni kimwe mu Bihugu ku Isi bitekanye bifite umutekano uhagije kandi ibyo byanemejwe na UNHCR n’ibindi Bigo Mpuzamahanga ku bwo kuba intangarugero kwacu mu gufata neza impunzi.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuryano mugari ndetse nka Guverinoma, twubatse ahantu hafite amahoro, hatekanye kandi hafite agaciro, aho abimukira ndetse n’impunzi bagira uburenganzira bungana n’Abanyarwanda. Buri wese uzazanwa hano, azungukira muri ibi twubatse.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahise ishyira hanze itangazo, risobanuramo ingingo ku yindi kuri ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, ivuga ko iki Gihugu kigikomeye kuri uyu mugambi cyagiranye n’u Bwongereza.

Iri tangazo rigira riti “U Rwanda ruracyahagaze ku bushake bwo gutuma ubu bufatanye bugerwaho.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gahunda yo kurengera abimukira, ikomeje kugaragaramo ibibazo, bigatiza umurindi ibibazo bibugarije, birimo icuruzwa ry’abantu no gukoreshwa imirimo y’ahagato.

Igasoza igira iti “Igihe abimukira bazaba baje, tuzabakirana yombi, kandi tuzabaha inkunga yose bazaba bakeneye mu kubaka ubuzima bushya mu Rwanda.”

Iyi gahunda yakunze kugerwa intorezo na bamwe mu barwanya u Rwanda ndetse na bamwe mu bimukira ireba, ari na bo bakomeje kwiyambaza inkiko basaba ko iburizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Next Post

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.