Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’Igihugu avuga ko u Rwanda rutajya rwizihiza umunsi w’Ubwigenge kuko wahujwe n’uwo Kwibohora kuko byegeranye, ariko kandi ko n’igisobanuro cy’Ubwigenge kitigeze kigaragara mu bikorwa.

Itariki ya 01 Nyakanga buri mwaka isanzwe ari umunsi w’ikiruhuko. Icyo kiruhuko ni urukurikirane rw’imyaka ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, ndetse hari n’abo amateka yagize intwari kubera uwo munsi.

Gusa kuri iyi tariki, nta birori bikorwa nk’uko biba bimeze mu bindi Bihugu, kuko byahujwe n’umunsi wo Kwibohora k’u Rwanda uba tariki 04 Nyakanga.

Perezida Paul Kagame agaruka ku guhuza iyi minsi, yagize ati “Nubwo iyo minsi ihura kandi ifite ibyo isangiye, iyo minsi ifite n’ukuntu itandukanye. Umunsi w’itariki 04 Nyakanga kuri benshi, nanjye ndimo, ni nk’Ubunani, ni nk’itariki ya mbere ibanziriza umwaka. Ubuzima bw’u Rwanda, bw’Abanyarwanda ni aho buhera. Ni umunsi utangira ubuzima bw’Igihugu ubuzima bwa benshi.”

Yakomeje agira ati “Itariki ya 01 Nyakanga, byiswe ko twahawe ubwigenge, ariko uko iminsi igiye imbere dusa n’aho twabisubije abaduhaye ubwigenge, ngo nimwikomereze n’ubundi ntitubishoboye. Abitwaga ko baduhaye ubwigenge barabisubirana, dusigarana izina ry’ubwigenge. Ubwigenge nyakuri butwarwa n’abari babutubujije. Uko ni ukuri.”

Avuga ko atari umwihariko ku Rwanda, kuko ari na ko byagenze ku bindi Bihugu. Ati “N’iyo urebye hirya no hino usanga ari ko byagenze. Abantu babonye ubwigenge mu izina, barabubura mu by’ukuri.”

Umukuru w’igihugu avuga ko Abanyarwanda bagomba gukora ibishoboka byose bakarinda ibimaze kugerwaho mu myaka 29 ishize, by’umwihariko urubyiruko rugafata iya mbere, rukava mu businzi; rukagira umutima wo kwitangira Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + three =

Previous Post

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo

Next Post

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije 'Football' n’icyo agiye gukora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.