Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatanze inama z’uburyo abantu bakwirinda ‘Stress’ [umunaniro wo mu mutwe] kandi bakagira imibereho myiza, agendeye ku byo yifashisha bisanzwe biranga imibereho ye, nko gukora siporo, gufungura amafunguro akwiye, kuruhuka no gutuza.

Muri iyi minsi bamwe bakunze kuvuga ko bagira umunaniro wo mu mutwe [Stress] kubera akazi kenshi ndetse n’ibindi bibazo by’imibereho ya buri munsi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko hari n’abitera uwo munaniro, ku buryo “umuntu agira stress nta n’aho iturutse.” Ariko ko n’abafite ako kazi hari n’abagaragaza ko bakarimo cyane ariko umusaruro ntugaragare.

Yatanze urugero rw’abo mu nzego za Leta batuzuza inshingano neza, kandi akababona bahora mu kazi. Ati “Nkababaza nti ‘ariko se ko mbona buri gihe koko muba muri ku kazi, ndetse mutaruhuka bikanakugaragaraho ko mutaruhuka, hanyuma ‘ni ibihe wakoze byatumye udakora ibi, kandi nibwiraga ko ari byo bya ngombwa bibanza?”

Akomeza agira ati “Ubwo bikakwereka ko kugaragara ko ukora, ntabwo bivuze ko ukora, cyangwa se ntibivuze ko ukora ibyo ukwiye gukora. Ahenshi rero ni aho stress ituruka.”

Perezida Paul Kagame yitanzeho urugero rw’uburyo yirinda uwo munaniro, yavuze ko amenya inshingano ze n’uburyo zisumbana, ku buryo ahera ku zikomeye.

Ati “Naho iyo ugiye gufata iki ugafata iki…nta musaruro ariko uvanamo stress. Ariko iyo ukora ikintu ndetse iki wakigeraho kikakugora ukabona ko nta bundi buryo, ukaba ugishyize ku ruhande gacye ugashaka ibya ngombwa byari bibuze, ukajya ku bindi.”

 

Uburyo akoresha

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko hari ibindi birwanya Stress, nko gukora imyitozo ngororamubiri, uko yaba imeze kose, yaba iyo kugenda ndetse n’izindi nko kubaka umubiri.

Yavuze ko ikindi ari ukumenya uko umuntu agaburira umubiri we. Ati “Gufungura buri kintu cyose, ugafata ibi, ugafata ibi…burya inda utagaburiye igira ubuzima bwiza kurusha iyo wagaburiye ibibi.”

Avuga ko hari n’abandi bahitamo kunywa inzoga mu nda itarimo ibiryo, ubwabyo bikaba ari bibi kurushaho, akibaza impamvu umuntu yabona amafaranga yo kugura inzoga ariko ntabone ayo kugura amafunguro.

Avuga ko hari abashobora kugira ibyago byo kuba bagira stress ku buryo n’iyo baba bakurikije izi nama zose, yabageraho.

Ati “wahuye n’ibyago udafitiye ubushobozi bubibuza kuba, ibyo byatera umuntu stress, ariko hari ibintu bimwe bizwi wagira gutya ugashyira ku ruhande bikakugabanyiriza stress. Ni ukuruhuka, ni ugukora siporo…”

Akomeza avuga ko kuri we ibi abyubahiriza, ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Akomeza agira ati “Ibindi, akazi kanjye, ndagakora uko mbishoboye ariko ngira n’umwanya wo kuruhuka, nkajya muri izo siporo cyangwa nkaganira n’abantu, nkabona umwanya w’umuryango wanjye.”

Yavuze ko ikindi ari ukuba umuntu yamenya gutuza kabone nubwo yaba afite ikibazo kimureba, “ugatuza, ugatangira gutekereza ko uri bukore ibyo ushoboye, ibyo udashoboye urashaka ukundi ubigira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + three =

Previous Post

Undi Muperezida muri Afurika yafashe icyemezo gitunguranye cyerekeye ubutegetsi bwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Related Posts

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.