Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho kwiba moto mugenzi we qari wabanje kuyimutwaraho, yafatiwe kuri Sitasiyo ya Lisansi iri mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, yagiye kunywesha Lisansi.

Uyu mugabo wafashwe ku bufatanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza n’inzego z’ibanze, yafatiwe mu Mudugudu wa Bigega mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Busasamana, saa sita z’ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023.

Uyu mugabo w’imyaka 38 ukekwaho kwiba Moto ifite Pulake ya RD 265 U, yayibye ubwo uwari umutwaye yayisigaga hanze akajya kureba umuturanyi we ngo aze amugeze aho yashakaga kugera kuko nyirayo we adasanzwe ari umumotari.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, avuga ko nyiri iyi moto asanzwe akora akazi ko gukata amatike y’imodoka zitwara abagenzi mu gasantere ka Bandagure mu Murenge wa Rusatira.

Avuga ko uyu ukekwako kwiba moto yaje abwira nyirayo ko avuye i Huye, ariko ko yari yabuze imodoka, agasaba nyirayo usanzwe ari inshuti ye ko yamugeza i Nyanza ku Bigega.

SP Emmanuel Habiyaremye ati “Yemeye kumutwara, bageze imbere amubwira ko we adakora akazi k’ubumotari ahubwo ko amushakira umomotari umutwara, undi amubwira ko ntakibazo, akijya mu rugo rw’uwo mumotari, moto isigaye ku irembo ahita ayikubita umugeri aragenda.”

Nyiri iki kinyabiziga yaragarutse arakibura, ni ko guhita yiyambaza Polisi, hahita hatangira ibikorwa byo kugishakisha.

SP Emmanuel Habiyaremye yakomeje avuga ko uyu ukekwaho kwiba moto “yaje gufatirwa ku Bigega kuri Sitasiyo aho yari agiye kunyweshereza lisansi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko, uyu mugabo ukekwaho kwiba moto, akimara gufatwa yiyemereye ko yari yayibye mugenzi we basanzwe baziranye nyuma y’uko yari amusabye kumugeza imbere gato kugira ngo arebe ko yabona imodoka.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Rusatira kugira ngo hakomeze iperereza, mu gihe Moto yafashwe yasubijwe nyirayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Udushya twabaye uburo buhuye mu isabukuru y’umuherwe wihagazeho muri America

Next Post

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.