Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho kwiba moto mugenzi we qari wabanje kuyimutwaraho, yafatiwe kuri Sitasiyo ya Lisansi iri mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, yagiye kunywesha Lisansi.

Uyu mugabo wafashwe ku bufatanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza n’inzego z’ibanze, yafatiwe mu Mudugudu wa Bigega mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Busasamana, saa sita z’ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023.

Uyu mugabo w’imyaka 38 ukekwaho kwiba Moto ifite Pulake ya RD 265 U, yayibye ubwo uwari umutwaye yayisigaga hanze akajya kureba umuturanyi we ngo aze amugeze aho yashakaga kugera kuko nyirayo we adasanzwe ari umumotari.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, avuga ko nyiri iyi moto asanzwe akora akazi ko gukata amatike y’imodoka zitwara abagenzi mu gasantere ka Bandagure mu Murenge wa Rusatira.

Avuga ko uyu ukekwako kwiba moto yaje abwira nyirayo ko avuye i Huye, ariko ko yari yabuze imodoka, agasaba nyirayo usanzwe ari inshuti ye ko yamugeza i Nyanza ku Bigega.

SP Emmanuel Habiyaremye ati “Yemeye kumutwara, bageze imbere amubwira ko we adakora akazi k’ubumotari ahubwo ko amushakira umomotari umutwara, undi amubwira ko ntakibazo, akijya mu rugo rw’uwo mumotari, moto isigaye ku irembo ahita ayikubita umugeri aragenda.”

Nyiri iki kinyabiziga yaragarutse arakibura, ni ko guhita yiyambaza Polisi, hahita hatangira ibikorwa byo kugishakisha.

SP Emmanuel Habiyaremye yakomeje avuga ko uyu ukekwaho kwiba moto “yaje gufatirwa ku Bigega kuri Sitasiyo aho yari agiye kunyweshereza lisansi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko, uyu mugabo ukekwaho kwiba moto, akimara gufatwa yiyemereye ko yari yayibye mugenzi we basanzwe baziranye nyuma y’uko yari amusabye kumugeza imbere gato kugira ngo arebe ko yabona imodoka.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Rusatira kugira ngo hakomeze iperereza, mu gihe Moto yafashwe yasubijwe nyirayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Udushya twabaye uburo buhuye mu isabukuru y’umuherwe wihagazeho muri America

Next Post

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.