Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Haiti, zemeranyijwe imikoranire mu by’umutekano, yaje ikurikira ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Heny, aho Leta y’Igihugu cye ivuga ko ibyo Ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu nka Mozambique na Central Africa, zanabikorera Igihugu cye.

Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry bahuriye mu isabukuru y’imyaka 50 Umuryango w’Ibirwa 15 biri muri Caraibe umaze ushinzwe.

Muri icyo gikorwa cyabereye i Port of Spain mu Murwa Mukuru w’Ibirwa bya Trinidad na Tobago; aba bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bigamije gukomeza imikoranire ya Kigali na Port-au-Prince.

Iki kirwa kirusha u Rwanda mu buso bungana na kilometero kare 1 616 ariko u Rwanda rukakirusha abaturage basaga miliyoni ebyiri; cyagaragaje ko ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi byibanze ku ngingo y’umutekano.

Ibyo bikubiye mu nyandiko yatanzwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Haiti igira iti “Mu isabukuru y’umuryango w’ibihugu bigize ibirwa biri muri Caraibe, Minisitiri w’Intebe Dr Ariel Heny yagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, bibanze ku kibazo cy’umutekano. Perezida Kagame yagarutse ku isano iri hagati y’Umugabane wa Afurika na Haiti. Ashimangira ko Igihugu cye gifite inshingano zo kubaha ubusabe bw’Igihugu cy’ikivandimwe.

Yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho umutwe w’ingabo z’Ibihugu bitandukanye ugamije gusubiza ku murongo igihugu cyacu.”

Perezida Paul Kagame yanagarutse kuri iyi mikoranire mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, aho yavuze ko amateka y’u Rwanda ashimangira ko ibizo bya Haiti bishobora kurangira. Icyakora ngo Haiti igomba kujya imbere y’ibindi Bihugu muri icyo gikorwa kinafatwa nk’ikigamije inyungu z’abaturage.

Yagize ati “U Rwanda na Haiti bishimiye umubano bamaranye mu myaka myisnhi ishize. Amakeka y’Igihugu cyanjye agaragaza ko uko ibintu byaba ari bibi kose; bishobora gusubirana, kandi biba bishobora kongera kuba kugenda neza.

Ariko kugira ngo bikunde; bitangirira ku bayobozi b’icyo Gihugu, bigakomereza mu karere. Abayobozi mu nzego zitandukanye bagashaka inzira bahuriraho yo kubikemura.

Iyo abantu batangiye urwo rugendo; ubufasha bw’amahanga bugomba kuza bugamije gutanga igisubizo aho kuza benyegeza ikibazo.

Mureke twunge ubumwe bwa Afurika n’Ibihugu byo muri Caraibe dukore ibyo dushoboye byose, nitwiyemeza gushyira hamwe ntawe ushobora kutwitambika. Icy’ingenzi kuruta ibindi, ni uko twese tuzabibonamo inyungu.”

Iki Gihugu cya Haiti kimaze imyaka myinshi mu bibazo by’umutekano uterwa n’ubukene, byafashe indi ntera ku itariki 7 Nyakanga 2021 ubwo abitwaje intwaro bateye urugo rwa Perezida Jovenel Moïse zikamuhitana. Kuva icyo gihe inyeshyamba ntizigeze zitanga agahenge.

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko umutekano wa Haiti urageramiwe, kuko Haiti yakagombye kuba ifite abasirikare 14 800, ariko hasigaye ibihumbi 13, abandi batishwe bavuye mu gisirikare ku bwo gusezera no kwirukanwa. Kugeza ubu abagera ku 9,000 ni bo birirwa mu bikorwa byo kurinda abaturage n’ibyabo, naho abagera ku 3 500 ni bo bahora biteguye kujya gutanga ubufasha bwihutirwa. Ndetse ngo igikomeye n’uko ibibazo by’umutekano bidashobora gutuma babona uburyo bwo kwinjiza abandi bashya.

Icyakora ubutegetsi bwa Haiti bwiteze ko ibyo ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu bya Mozambique na Central Africa, ari na ko bishobora gukomereza mu Gihugu cyabo.

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

Next Post

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.