Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije
Share on FacebookShare on Twitter

“Gusinda si wane”– Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mu butumwa busaba abanywa ibinyobwa bisembuye, by’umwihariko abasore n’inkumi, kugabanya, bakanywa mu rugero kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo zirimo kurwara indwara zikomeye.

Mu mashusho y’ubukangurambaga, yagiye hanze mu mpera z’icyumweru gishize, atangira abiganjemo urubyiruko biteretse amacupa y’inzoga, bari kwica icyaka bizihiwe.

Muri aya mashusho asa nk’ubutumwa bwamamaza, uru rubyiruko rubona Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana ahingutse aho, umwe agahita ahaguruka, akamuhamagara ati “Hey bro [komera muvandimwe], tugutemo kamwe se? [tukugurire icupa rimwe?].”

Muri aya mashusho, Minisitiri ahita yegera aba basore n’inkumi, ubundi akagaragaza ko atunguwe n’izi nzoga ziri kunyobwa n’uru Rwanda rw’ejo.

Ati “Abajene muraho. Izi nzoga se ra!?” Bakamusubiriza rimwe bagira bati “Ni neza pe, nta ribi.” Ariko we akabereka ko yatunguwe ndetse agatangira no kubaha impanuro.

Minisitiri ati “Izi nzoga zangiza ubuzima, zitera indwara zitandukanye, za Cancer, Diabetes, indwara z’umutima. Ubu murisukamo amacupa angana gutya mukagira ngo ubuzima bwanyu ntibugira ibibazo?”

Umwe muri uru rubyiruko ahita avuga ati “Nyamara ibintu Minisitiri avuze ni byo.” Na we agakomeza abasaba kuba bazireka, ariko bakavuga ko bitaborohera.

Minisitiri akomeza agira ati “Basi munywe gacye, musome gacye. Gusinda si wane.”

Minisiteri y’Ubuzima iherutse gushyira hanze ubushakashatsi ku bijyanye n’impamvu zishobora gutera indwara zitandura, bwagaragaje ko abanywa inzoga mu Rwanda bakomeje kwiyongera kuko bavuye kuri 43,3% bagera kuri 48,1% mu myaka 10 ishize.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abanywa inzoga bikabije bagasinda, Intara y’Iburengerazuba ari yo iyoboye, ifite 19,1%, hagakurikiraho iy’Amajyaruguru ifite abasinzi bakabije 15,8%. Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa gatatu n’abasinzi 15,1%, iy’Iburasirazuba igakurikiraho n’abasinzi 13,8%, Umujyi wa Kigali ukaza inyuma n’imibare ya 10,5%.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, yagarutse ku bishobora gutuma umuntu agira umunaniro w’ubwonko [Stress], n’uburyo abantu babyirinda, burimo kuba bareka kunywa inzoga nyinshi.

Umukuru w’u Rwanda agaruka ku bimuranga bimufasha kurwanya Stress no kugira ubuzima buzira umuze, yagize ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Dr Sabin akunze gushishikariza urubyiruko gukora siporo dore ko na we asanzwe ari umusiporutifu ukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]

Next Post

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.