Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in MU RWANDA
0
Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’ubwato yabereye mu mugezi wa Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, yarohamiyemo abana icumi (10) bahise baburirwa irengero, bikaba bikekwa ko bitabye Imana. Umuyobozi w’aka Karere avuga ko iyi mibare ishobora kwiyongera cyangwa ntigereho kuko uwatanze amakuru akomeje kwivuguruza.

Iyi mpanuka y’ubwato yabereye mu mugezi wa Nyabarongo mu gice giherereye mu Mudugudu wa Cyarubambire mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023.

Ubu bwato bwarimo abana barenga 13, bwambukaga buva mu Karere ka Muhanga bwerecyeza mu ka Ngororero, butwawe n’umugabo witwa Jean Pierre Ndababonye, we warokotse ndetse n’abana batatu mu bari muri ubu bwato.

Uyu mugabo wahise atabwa muri yombi, avuga ko atazi neza umubare w’abana yari atwaye muri ubu bwato, aho avugwaho kuba yari atwaye aba bana ngo bajye kumupakirira amategura mu Karere ka Ngororero.

Bivugwa ko bagezemo hagati mu mugezi, ubwato bw’ibiti barimo bugatangira kwinjiramo amazi kugeza aho burushijwe ingufu n’amazi, bugahita burohama.

Ni abana bari hagati y’imyaka icyenda (9) na 13 y’amavuko bose b’abahungu, mu gihe abarokotse na bo b’abahungu bari hagati y’imyaka 10 na 12. Bamwe muri aba bana bari muri ubu bwato, bari basanzwe bafitanye isano n’uyu mugabo wari ubatwaye.

 

Icyizere ntacyo

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere yahise ajya ahabereye iyi mpanuka, akavuga ko bigoye kuba hari icyizere ko abana barohamye baboneka bakiri bazima.

Uyu muyobozi avuga ko imibare y’aba bana barohamye ivugwa n’uyu mugabo ishobora kuba irenga cyangwa ikaba itageraho kuko amakuru atanga agenda abusanya.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko muri iyi mpanuka “habashije kurokokamo batatu ndetse n’umusare, abandi icumi kugeza ubu ntibaraboneka, dukomeje ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo tube twabona imibiri yabo kuko kuba baboneka ari bazima byo ntabwo umuntu yabyizera ugereranyije n’igihe gishize.”

Guverineri Kayitesi avuga ko inzego zirimo z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, ari na bwo zaganirizaga abarokotse iyi mpanuka, hakabasha kumenyekana imyirondoro y’abana bari bari muri ubu bwato ndetse n’imiryango bakomokamo.

Avuga ko aba barokotse bavuga ko amazi yinjiye muri ubu bwato bw’ibiti bari barimo, ari na byo byatumye burohama kuko bwari bwamaze kurushwa imbaraga n’amazi.

Nubwo hatangiye gukorwa iperereza ariko “ikigaragara ni uko bwari ubwato butari bwujuje ibisabwa, butajyanye n’amabwiriza yashyizweho ajyanye n’ingendo zo mu mazi, ubundi dusaba ko ari ubwato buba bufite moteri, ababugendamo bafite ubwirinzi bambanye Life Jacket.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

Next Post

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.