Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yavuze ko mu gisirikare haramutse hagezemo ibyo kwironda nk’ibiherutse kuba by’ “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono”, bishobora kuvamo ikintu gikomeye cyanageza ku gusenya Igihugu, bityo ko bikwiye kurandurwa bikigaragara.

General James Kabarebe yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023 mu Nama Nyunguranabitekerezo y’Umuryango RPF-Inkotanyi yateraniye ku Ngoro y’uyu Muryango i Rusororo.

Iyi nama yateraniyemo Abanyamuryango 800 ndetse n’abayobozi b’indi mitwe ya Politiki n’abandi bayobozi mu Nzego Nkuru za Leta n’iz’abikorera, yibanze ku gusigasira no kubumbatira ubumwe bw’Abanyarawanda nk’ihame shingiro ry’iterambere ry’Igihugu.

Ni inama ibaye nyuma y’iminsi micye Umuryango RPF-Inkotanyi wamaganye ibirori byiswe “iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” byabaye tariki 09 Nyakanga mu Murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze.

Muri iyi Nama Nyunguranabitekerezo ya RPF-Inkotanyi yabaye kuri iki Cyumweru, hongeye kwamaganwa igikorwa nk’iki kidataranga urugero rwiza mu kwimakaza Ubumwe bw’Abanyarwanda ahubwo, gishobora kuba imbarutso yo gusubiza Abanyarwanda mu macakubiri.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yavuze ko igikorwa nka kiriya kidakwiye gufatwa nk’icyoroheje kuko ikintu cyose gitangira ni ruto ni ruto, kikarangira kitagifite igaruriro.

Yavuze ko nka RPF icyatumye igera ku ntego yayo yo kubohora u Rwanda no kuruteza imbere, ari uko itigeze yihanganira na rimwe ibikorwa nk’ibi kabone nubwo byatangira abantu babibona nk’ibyoroheje.

Ati “Mu mikorere yayo ntabwo yigeraga yihanganira ikintu cyitwa imico mibi, ikintu cyitwa ‘negative tendance’ [igifite intego mbi] cyangwa ikigaragara ko kizaba kibi, yakibonaga hakiri kare, ikakirandura. Negative tendance iyo uyihoreye, ukayirera ukayorora igakura, igera igihe udashobora kuyihagarika.”

Yavuze ko n’ibi by’Abakono, iyo abantu babyirengagiza, byari kuba urugero rubi ku buryo hari abandi bari kuzabyuriraho bagatangira kwivangura.

Ati “Ubwo baba ari Abakono, ejo ni Abashambo, ejobundi ni Abasinga […] Igihugu kikongera kikajyamo ibice.”

Yakomeje avuga ko uko byakomeza gukura gutya, byanagera mu nzego zisanzwe zifatiye runini ubuzima bw’Igihugu, ku buryo byagira ingaruka ziremereye.

Ati “Ubwo iyo byaje mu gisirikare, buri muntu areba abe, undi akareba abe, undi akareba abe, ejo n’ejobundi nshaka kubakoresha ngo ni bene wacu kuko naba narabamenye narabagaragaje, nshaka kwikiza runaka, nabakoresha igihugu nkagisenya. Ni uko bimeze, ni ibintu bibi cyane.”

General James Kabarebe yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gukura isomo mu ngaruka z’amacakubiri yabaye mu Rwanda yatumye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe zicwa, bityo ko nta muntu ukwiye gukinisha ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Icyafasha u Rwanda ni ikintu kimwe kandi cyoroshye, ni ubumwe bwacu, ni cyo kizaduteza imbere, kandi n’aho tugeze ni rya janisha ry’ubumwe MINIBUMWE yavuze, nta kindi.”

Hagaragajwe ko ihame ry’ubumwe ridakwiye kuzamo igitotsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda

Next Post

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.