• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yavuze ko mu gisirikare haramutse hagezemo ibyo kwironda nk’ibiherutse kuba by’ “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono”, bishobora kuvamo ikintu gikomeye cyanageza ku gusenya Igihugu, bityo ko bikwiye kurandurwa bikigaragara.

General James Kabarebe yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023 mu Nama Nyunguranabitekerezo y’Umuryango RPF-Inkotanyi yateraniye ku Ngoro y’uyu Muryango i Rusororo.

Iyi nama yateraniyemo Abanyamuryango 800 ndetse n’abayobozi b’indi mitwe ya Politiki n’abandi bayobozi mu Nzego Nkuru za Leta n’iz’abikorera, yibanze ku gusigasira no kubumbatira ubumwe bw’Abanyarawanda nk’ihame shingiro ry’iterambere ry’Igihugu.

Ni inama ibaye nyuma y’iminsi micye Umuryango RPF-Inkotanyi wamaganye ibirori byiswe “iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” byabaye tariki 09 Nyakanga mu Murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze.

Muri iyi Nama Nyunguranabitekerezo ya RPF-Inkotanyi yabaye kuri iki Cyumweru, hongeye kwamaganwa igikorwa nk’iki kidataranga urugero rwiza mu kwimakaza Ubumwe bw’Abanyarwanda ahubwo, gishobora kuba imbarutso yo gusubiza Abanyarwanda mu macakubiri.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yavuze ko igikorwa nka kiriya kidakwiye gufatwa nk’icyoroheje kuko ikintu cyose gitangira ni ruto ni ruto, kikarangira kitagifite igaruriro.

Yavuze ko nka RPF icyatumye igera ku ntego yayo yo kubohora u Rwanda no kuruteza imbere, ari uko itigeze yihanganira na rimwe ibikorwa nk’ibi kabone nubwo byatangira abantu babibona nk’ibyoroheje.

Ati “Mu mikorere yayo ntabwo yigeraga yihanganira ikintu cyitwa imico mibi, ikintu cyitwa ‘negative tendance’ [igifite intego mbi] cyangwa ikigaragara ko kizaba kibi, yakibonaga hakiri kare, ikakirandura. Negative tendance iyo uyihoreye, ukayirera ukayorora igakura, igera igihe udashobora kuyihagarika.”

Yavuze ko n’ibi by’Abakono, iyo abantu babyirengagiza, byari kuba urugero rubi ku buryo hari abandi bari kuzabyuriraho bagatangira kwivangura.

Ati “Ubwo baba ari Abakono, ejo ni Abashambo, ejobundi ni Abasinga […] Igihugu kikongera kikajyamo ibice.”

Yakomeje avuga ko uko byakomeza gukura gutya, byanagera mu nzego zisanzwe zifatiye runini ubuzima bw’Igihugu, ku buryo byagira ingaruka ziremereye.

Ati “Ubwo iyo byaje mu gisirikare, buri muntu areba abe, undi akareba abe, undi akareba abe, ejo n’ejobundi nshaka kubakoresha ngo ni bene wacu kuko naba narabamenye narabagaragaje, nshaka kwikiza runaka, nabakoresha igihugu nkagisenya. Ni uko bimeze, ni ibintu bibi cyane.”

General James Kabarebe yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gukura isomo mu ngaruka z’amacakubiri yabaye mu Rwanda yatumye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe zicwa, bityo ko nta muntu ukwiye gukinisha ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Icyafasha u Rwanda ni ikintu kimwe kandi cyoroshye, ni ubumwe bwacu, ni cyo kizaduteza imbere, kandi n’aho tugeze ni rya janisha ry’ubumwe MINIBUMWE yavuze, nta kindi.”

Hagaragajwe ko ihame ry’ubumwe ridakwiye kuzamo igitotsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

Hari Ibihugu bya Afurika byakuriye inzira ku murima u Burayi ku gishyigikiwe n’u Rwanda

Next Post

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.