Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarekuriye urufaya rw’amasasu ku baturage, yivugana 13 barimo abana be babiri, kubera umujinya wo kuba umwana we wapfuye yarashyinguwe adahari.

Uyu musirikare wo mu itsinda ry’ingabo zirwanira mu mazi, yishe aba basivile ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, muri Ituri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bamwe mu baturage bo mu gace ka Nyakova, babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, ko uyu musirikare yageze mu gace atuyemo ntabashe kwakira uburyo umwana we yashyinguwe adahari.

Aka gace ka Nyakova, ni ako muri Teritwari ya Djugu mu bilometero 65 mu burasirazuba bwa Burnia muri Sheferi y’Intara ya Ituri.

Uyu musirikare yarekuye urufaya rw’amasasu ku mbaga y’abaturage mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ubwo bari mu kiriyo, cy’umwana we wari witabye Imana yanamaze gushyingurwa, ariko we agaragaza umujinya kuba yarashyinguwe batamumenyesheje.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Ituri, Lieutenant Jules Ngongo yavuze ko umwana w’uyu musirikare yitabye Imana mu gihe we yari ari muri inite ye mu bilometero 55 uvuye aho nyakwigendera yitabiye Imana.

Lieutenant Jules Ngongo agaruka kuri iki gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’uyu musirikare, yagize ati “Abitabye Imana ni 13 barimo abana be babiri. Umusirikare yahise acika, ubu ari gushakishwa.”

Mu bapfuye, harimo abana icumi n’abagore babiri, aho abana icyenda bahise bagwa aho barasiwe, mu gihe umwe yitabye Imana mu gitondo cyo ku Cyumweru azize ibikomere byo kuraswa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leo says:
    3 years ago

    Iki gisirikare kiri kurwego ruciriritse cyane, ubwose yatahanye imbunda ngo bimigashe iki? nonese kurada abana byamufashije iki? niko basanzwe barangwa n’umunwa gusa.Imana ibahe iruhuko ridashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Rwamagana: Icyakurikuye gusenyerwa kuko batuye mu manegeka sicyo bari biteze

Next Post

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.