Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afghanistan: Hari icyatangiye gukorwa nyuma y’icyemezo cyababaje abagore

radiotv10by radiotv10
26/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Afghanistan: Hari icyatangiye gukorwa nyuma y’icyemezo cyababaje abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Abatanga serivisi z’inzu zita ku bwiza bw’abari n’abategarugori muri Afghanistan, batangiye gufunga imiryango bashyira mu bikorwa itegeko riherutse gufatwa n’Abatalibani risaba izi nzu gufunga burundu.

Ni icyemezo cyakiriwe nabi n’abatangaga izo serivise biganjemo abagore bavuga ko ari umugambi w’Abatalibani wo gukomeza gukandamiza abagore ndetse babasubiza inyuma.

Uretse guhagarika ibyo bikorwa, muri Afghanistan abagore ntibemerewe gutwara ibinyabiziga, kujya mu mashuri yisumbuye na za kaminuza, ntibemerewe kandi kugera ku bibuga bikinirirwaho imikino itandukanye cyangwa ahandi ho kwidagadurira, inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri zizwi nka gym ndetse n’ibindi.

Si ibyo gusa, kuko kuva mu kwezi kwa Kanama 2021 ubwo Abatalibani bageraga i Kabul bongeye gutegeka abagore n’abakobwa kwitwikira umubiri wose mu gihe bari mu ruhame.

Angela Alizadeh, umwe wakoraga ibyo gutunga ubwiza bw’abagore yagarutse kuri ibi bibazo bikandamiza abagore.

Yagize ati “Nta burezi nta kaminuza, n’amashuli yarafunzwe. Ibintu byose byarahagaritswe. Ubu byanyobeye ndibaza aho najya cyangwa icyo nakora. Ubu nihe nakura icyo gutungisha umuryano wanjye.”

Umutwe w’Abatalibani uvuga ko ngo guhagarika izo nzu z’ubwiza bw’abagore, ari uburyo bwo kurengera imiryango ikennye itabashaga kuyajyamo ariko kandi ngo abenshi mu bakora ibyo ntibahuza n’amahame ya Islam nkuko byatangajwe na Minisiteri ifite mu nshingano kubungabunga umuco.

Mu bihe bitandukanye kandi ikibazo cy’uburenganzira bw’abakobwa n’abagore cyakunze kuvugwaho, icyakora n’ubu ntikirabonerwa umuti cyane aho muri Afghanistan.

Mu nama mpuzamahanga yita ku iterambere ry’abagore Women deliver 2023 iherutse kubera i Kigali mu Rwanda, iki kibazo cyongeye kugarukwaho na Sabana Basiji Bashikh washinze ishuli ry’abakobwa bo muri Afghanistan SOLA, agaruka ku bibazo bikomeye mu Gihugu cye bibangamira abari n’abategarugori

Yagize ati “Ikibazo cy’imbere mu Gihugu ni uko Afghanistan ari cyo Gihugu cyonyine kuri uyu Mubumbe aho bibujijwe n’amategeko ko umwana w’umukubwa yakwiga amashuri yisumbuye.

Birababaje kandi biteye isoni kuba ndi kuvuga ibintu nk’ibyo. Bikwiriye kwitabwaho ndetse Isi yose ikabimenya ko Afghanistan nk’Igihugu usanga umwana w’umukobwa abujijwe kuba yabona bimwe mu bintu by’ibanze ku burenganzira bwa muntu.”

Abatalibani basubiranye ubutegetsi mu 2021, icyo gihe bavugaga ko nta mahame asubiza ahasi abakobwa azagarukaho, icyakora bidateye kabiri bagenda bakaza ingamba nubwo n’uyu munsi imiryango mpuzamahanga itandukanye ntacyo ibikoraho.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + sixteen =

Previous Post

Impamvu Perezida Kagame na Ruto bashobora kutajyana n’abandi ba Afurika mu Gihugu cy’igihangange

Next Post

Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Related Posts

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.