Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu magambo yumvikanamo ikiniga cyinshi, Jordan Brian Henderson yasezeye mu ikipe ya Liverpool yari amazemo imyaka 12, avuga ko yayigezemo akiri umwana, akaba ayivuyemo ari umugabo.

Henderson w’imyaka 33 y’amavuko, yari amaze imyaka 12 akinira iyi kipe ya Liverpool yagezemo muri 2011 ubwo yari avuye Sunderland yakuriyemo.

Jordan Brian Henderson asezera yagize ati “Sinzi neza niba mfite amagambo yo gukoresha ngo mvuge uko niyumva muri aka kanya. Ubu ndi mu rwambariro ku munsi wa nyuma wanjye hano namwe murabyumva uko bimereye. Gusa ndifuza gusobanura uko imyaka 12 yanjye hano yangendekeye njye n’umuryango wanjye.

Ndibuka neza mu mpeshyi ya Kamena ya 2011 ubwo nasinyiraga Liverpool mvuye muri Sunderland, icyo gihe byari bingoye cyane ntabeshye kuko nari mvuye mu mujyi wanjye mvukamo kandi nakuriyemo, kandi mu ikipe yanjye, gusa nyine ntabwo Liverpool yaza ngo ikomange maze ngo uvuge oya.

Henderson yakomeje agira Ati “Iyo ndebye amashusho y’icyo gihe nari umwana muto ndetse nta n’uwari gutekereza ko imyaka 12 ikurikiyeho bizaba bimeze gutya, sinabeshya rwose habayemo ibihe bikomeye cyane, ariko iyo nsubije amaso inyuma nkareba uko urugendo rwanjye rwagenze muri Liverpool bizahora ari ibihe byiza cyane kuri njye byo kwibukwa.”

Arongera ati “Kugirwa kapiteni wa Liverpool FC ni cyo kintu kizampora mu mutwe Kandi ni icyubahiro gikomeye cyane. Ubwo nambaraga iki gitambaro ku nshuro ya mbere nagerageje kwitwara nka kapiteni wa Liverpool koko, ariko nanone icyubahiro cya Liverpool ntabwo kiza ku muntu umwe gusa ahubwo kiza mu bufatanye bw’abanru Bose.”

Jordan Henderson nyuma yo kugera muri Liverpool 2011, yagizwe Kapiteni mu mpeshyi ya 2015 ubwo umunyabigwi w’iyi kipe Steven Gerrard yari amaze gutandukana na yo.

Muri Liverpool Henderson abaye umwe muri ba kapiteni bagize amahirwe yo guterura ibikombe byose yakiniye (8) uretse igikombe cya UEFA Europa League.

Yatwaye Shampiyona y’Abongereza Premier League, UEFA Champions League, FA Cup, Football League Cup, FIFA Club’s World Cup, UEFA Super Cup, FA Community Shield n’ibindi.

Jordan Henderson yerekeje mu ikipe yo muri Saudi Arabia yitwa Al Ettifaq n’ubundi itozwa na Steven Gerrard bakinanye mu ikipe ya Liverpool aho azajya ahembwa agera ku bihumbi 700 Pounds ku cyumweru.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − five =

Previous Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Next Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Related Posts

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n'abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.